
Abantu 10, barimo 9 mubashinzwe umutekano muri Republika ya Demokarasi ya Congo, biciwe mu burengerazuba bwa Congo Kinshasa.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 17.05.2023, saa 8:10 am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Byamaze kwemezwa ko abantu icumi(10), aribo biciwe hafi y’umurwa mukuru wa Congo ariwo Kinshasa, nkuko tubikesha Radio Okapi, muraba 10 bapfuye harimo 9 mubashinzwe umutekano mugihugu cya RDC.
Bikaba byatangajwe ko biciwe mu gitero cyagabwe n’umutwe w’itwaje imbunda w’inyeshyamba wa “Mobondo”, bikaba bizwi ko muraka gace amoko ahaturiye agirana amakimbirane ashingiye ku butaka hagati y’abaturage ba Teke na Yaka.
Abashinzwe Agateka kazina muntu baherereye muribyo bice bavuga ko aya makimbirane yateje abaturage barenga 300, guhunga bagana iyamahanga cane ahakunze kubera imvururu zishingiye kubutaka akaba ari mu gace ka Mai-Ndombe, bikunze kubera.
Ayamakimbirane agize igihe kirekire gusa bikavugwa ko byafashe intera ahagana mumpera zumwaka wa 2022.

Umutekano wa RDC , ukomeza kuba mubi nimugihe no muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, hatutumba intambara, dore ko umuvugizi w’Igisirikare ca FARDC, aheruka gutangaza ko ingabo za M23 zirikwitegura kugaba ibitero kungabo za FARDC.
Ibi yabivuze mugihe Major Willy Ngoma, umuvugizi wa M23, nawe yaraheruka gutangaza ko ihuriro ry’ingabo za leta ya Kinshasa, zirigukomeza kurunda ibibunda byibifaru muri Teritware ya Masisi muntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Majo Willy Ngoma, akaba yaravuze ko Igisirikare cye kitazifumbata ngo kirebere ibibi bikorwa nihuriro ry’ingabo za FARDC, izingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo, zikaba zishinjwa Kandi Kwica abaturage ba Masisi bo mubwoko bw’Abatutsi ndetse batemagura n’Inka zabo zibarigwa 300.




