Abantu babiri bishwe barashwe i Uvira muri iri joro.
Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo avuga ko muri iri joro hishwe abantu babiri kandi ko bishwe barashwe n’inzego zishinzwe umutekano zo muri iki gice.
Ahagana igihe c’isaha ya saa mbiri zo muri iri joro ryo ku itariki ya 29/04/2025, ni bwo bariya bantu bitwaje intwaro bishe barashe abantu babiri mu mujyi wa Uvira.
Abishwe barimo umusore w’imyaka 25 y’amavuko n’undi na none nawe ufite imyaka 28, nk’uko umwirondoro wabo ubigaragaza.
Iyi nkuru ikomeza ivuga ko aba bombi biciwe muri Quartier ya Songo, iherereye muri komine ya Kalundu ho mu mujyi wa Uvira.
Ni mu gihe umurambo w’umwe muri aba bishwe watoraguwe neza iruhande rw’isoko yo muri iriya Quartier ya Songo, undi nawo utoragurwa aho hafi, ahari stade.

Aya makuru nanone asobanura ko bariya bishwe atari imvukire zo muri iriya Quartier hubwo ko ari abantu bahazanwe n’inzego zishinzwe umutekano zirahabicira.
Aya makuru agira ati: “Bamaze kwicira abantu babiri muri Quartier Songo. Bishwe n’abakora mu nzego zishinzwe umutekano.”
Uvira n’inkengero zayo ziracyagerageza n’uruhande rwa Leta, bikavugwa ko ari bo bishe bariya bantu babiri.
Nyuma y’iyicwa ryabariya bantu, amasasu yahise atangira kuvugira muri Quartier Gasenga, ariko nk’uko MCN imaze guhabwa ayo makuru avuga ko ari Wazalendo basubiranyemo n’ingabo za FARDC.
Kimwe nuko kandi n’ubushyize mu mpera z’iki cyumweru tuvuyemo, izi mpande zombi zasubiranyemo zirwanira mu mujyi wa Uvira.
Ni imirwano bivugwa ko yaguyemo abasirikare ba Leta benshi, ndetse kandi n’abambari babo barimo Ingabo z’u Burundi iza Congo n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR.