Abanyamulenge aho bari i Kalemi bagabweho igitero.
Abarwanyi bo mu bwoko bw’Abatwa b’i Kalemi mu cyahoze cyitwa Katanga bagabye igitero ku bungeri b’inka ba Banyamulenge, bamwe muri aba bungeri baburirwa irengero, nk’uko babibwiye Minembwe.com.
Ahagana isaha ya saa ine ziri joro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15/02/2025, ni bwo iki gitero cyagabwe mu bungeri b’inka aho bari baragiriye Inka zabo mu birometero 125 uvuye mu mujyi wa Kalemi.
Umwe muri aba bungeri b’inka yabwiye Minembwe.com ati: “Ntibitworoheye, abarwanyi b’Abatwa baduteye kuri 125 km uvuye mu mujyi wa Kalemi. Twari mu biraro.”
Yakomeje avuga ko bamwe muri aba bagabweho iki gitero batawanyitse kandi ko kugeza ubwo yaduhaga iyi nkuru mu ijoro bari bataraboneka.
Ati: “Baduteye bamwe baratawanyika, usibye ko bamwe ubu bamaze kutugeraho aho twihishe. Abandi batatu baracyabuze kugeza ubu.”
Yashimangiye ibi avuga ko muri aba baburiwe irengero bo mu bungeri b’inka barimo umusaza witwa Munyaneza.
Si ubwa mbere abungeri b’inka bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bagabwaho ibitero i Kalemi, kuko ibyo bitero bimaze guhitana ubuzima bw’ababo benshi.
Abatwa babagabaho ibitero, barwanisha intwaro gakondo, zirimo imishari, amatapito, imihoro n’ibindi birimo amahiri n’amabuye.
Kimwecyo, kuri ubu bivugwa ko basigaye bitwaza n’imbunda bahawe n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), kandi ko bazibahaye ngo baze bica abavuga ururimi rw’ikinyarwanda.
Tubibutsa ko aka gace Abanyamulenge baterewemo, ni ako muri Kalemi mu cyahoze cyitwa Katanga, ariko ubu ni mu Ntara ya Tanganyika.