Abanyamulenge bagiye kwibuka ku nshuro ya 21 ababo baguye mu Gatumba.
Ku munsi w’ejo tariki ya 13/08/2025, hazaba hashyize imyaka 21 habaye jenocide yakorewe Abanyamulenge mu Gatumba, ryari ijoro ry’amarira muri 2004 ubwo bagabye igitero binjira mu nkambi y’impunzi yari iherereye mu burengerazuba bw’u Burundi, bakica abantu barenga 150, benshi muri bo bari abagore n’abana.
Mu masaha akuze yo kuri uwo munsi, abagabye igitero byatangajwe ko ari umutwe wa FNL (Forces Nationales de Libération) bafatanyije n’indi mitwe yitwaje intwaro yo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, batwitse amahema yarimo impunzi, banazirasiramo ziryamye. Abacitse ku icumu bibuka ibyababayeho, n’uburyo batereranywe n’imiryango mpuzamahanga irimo n’irengera uburenganzira bwa muntu. Ndetse kandi bibaza impamvu abakoze iriya jenocide batagezwa imbere y’ubutabera.
Bagasaba kandi RDC n’u Burundi, n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, kugira icyo bikoze bagahagurukira iki kibazo cy’abarinyuma yibyabereye mu Gatumba, mu rwego rwo kugira ngo ubutabera bukorwe.
Kwibuka Abanyamulenge baguye mu Gatumba, si uguhanga amaso gusa ibyo bakorewe, ahubwo ni kugira ngo ibyabaye ntibikongere kuba.
inkambi y’ubuhungiro umurima w’amaraso.
Umuryango w’Abibumbye (ONU) n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu yamaganye ubwo bwicanyi nk’ubugambiriye bushingiye ku bwoko. Ariko, hashize imyaka irenga makumyabiri nibiri, nta n’umwe uragezwa mu rukikongo akurikiranwe.
“Tumaranye imyaka 20 n’iyi mibabaro, ariko ubutabera ntiburaza,” umwe mu bacitse ku icumu yabwiye abari bitabiriye umuhango wokwibuka ushize. “Abana bacu barishwe nabi, amaraso yabo arataka asaba ubutabera.”
Uyu mwaka, uwo munsi wibukwa mu Gatumba ndetse no mu mahanga aho Abanyamulenge batuye, harimo amasengesho, igikorwa cyo kwatsa buji, ndetse n’ijambo rya bamwe mu bacitse ku icumu n’abaharanira uburenganzira bwa muntu. Abategura bavuga ko intego atari ukuririra abishwe gusa, ahubwo ari no kongera gusaba ubutabera n’ukwemera ku rwego rwa leta n’urw’isi yose.
Imiryango nka Human Rights Watch, Ishami rya ONU ryita ku mpunzi (HCR) n’ihuriro ry’abacitse ku icumu bakomeje gusaba Uburundi, DRC, ndetse n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) kugira icyo bakora. Mu 2024, hatanzwe ibirego bishya mu bihugu byinshi, birega ibyaha byibasira inyokomuntu n’itsembabwoko. Ariko kugeza ubu, imanza ziracyari mu ntangiriro.
Ubwicanyi bwa Gatumba bwasize igikomere gikomeye ku Banyamulenge, bakomeza guhatirwa guhunga no guhura n’akarengane mu bice bimwe by’akarere k’ibiyaga bigari.
“Kwibuka Gatumba si uguhanga amaso gusa ibyabaye, ni uguhagurukira kurwanya ko ibyaha nk’ibi byazasubira kubaho,”