Abanyamulenge Bashinje Ingabo z’u Burundi na FARDC Gukomeza Ibitero Nubwo Hatangajwe Agahenge
Abaturage bo mu gace ka Minembwe, gahuriramo teritwari za Fizi, Uvira na Mwenga mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, batangaza ko nubwo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, aherutse gutangaza ko yemeye agahenge, ihuriro ry’ingabo za Leta ayoboye rikomeje kubagabaho ibitero bikomeye, birimo n’ibikorwa hifashishijwe indege zitagira abapilote (drones).
Amakuru atangwa n’abaturage hamwe n’imiryango ya sosiyete sivile ikorera muri ibyo bice agaragaza ko ibitero bikomeje kugabwa ku baturage, by’umwihariko mu misozi miremire igize Minembwe. Perezida wa sosiyete sivile yaho, Santos Mufashi, ku wa 15/02/2026, yabwiye itangazamakuru ko nta kimenyetso na kimwe kigaragaza ko imirwano yahagaze.
Yagize ati: “Turacyaraswa na drones za Leta. Ibimenyetso byose bigaragaza ko imirwano itahagaze. Baracyatera kandi hari ababigenderamo. Dukomeje gusaba ko hajyaho ibikorwa by’ubutabazi bwihutirwa. Turasaba Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gutabara, kuko abatuye mu misozi miremire bakomeje kugabwaho ibitero no kwicwa. Batera amanywa n’ijoro.”
Abashinjwa kugira uruhare muri ibyo bitero barimo ingabo za Leta ya RDC (FARDC), ingabo z’u Burundi, umutwe wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda, ndetse n’ihuriro rya Wazalendo ribumbiyemo imitwe ya Mai-Mai ishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa.
Abaturage bavuga ko drones zikoreshwa mu kugaba ibitero ku ngo z’abasivili, zikangiza ibikorwa remezo birimo iminara y’itumanaho. byatumye ihuzanzira ry’itumanaho rihagarara, ubuhahirane n’ikorwa ry’imirimo isanzwe bishingiye ku ikoranabuhanga biradindira, bigira ingaruka zikomeye ku mibereho y’abaturage.
Mufashi yongeyeho ati: “Drones zirasa ingo z’abasivili. Zahagaritse ihuzanzira rya telefone. Twacuruzaga dukoresheje telefone, ariko ubu abatuye muri Minembwe ntibagifite uburyo busanzwe bwo kubaho.”
Minembwe ni agace kamaze imyaka myinshi kavugwamo umutekano muke ushingiye ku makimbirane ashingiye ku moko, ku butaka no ku nyungu za politiki n’ubukungu. Kuva mu ntambara za Congo zatangiye mu 1996 no mu 1998, aka gace kabaye indiri y’imitwe myinshi yitwaje intwaro, irimo Mai-Mai, FDLR n’indi mitwe yitwara gisirikare.
Mu 2020, ishingwa rya Komini ya Minembwe ryateje impaka zikomeye mu gihugu, bamwe bavuga ko ryakozwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko, abandi bakagaragaza ko ari intambwe yo kwegereza ubuyobozi abaturage. Icyo gihe, izo mpaka za politiki zakurikiwe n’umutekano muke warushijeho gukaza umurego.
Perezida Félix Tshisekedi yatangaje ko yemeye agahenge kagomba gutangira kubahirizwa tariki ya 18/02/2026. Icyakora, abaturage ba Minembwe bavuga ko iryo tangazo ritahinduye uko ibintu bimeze ku butaka.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashimye icyo cyemezo, zisaba ko ibyatangajwe bishyirwa mu bikorwa mu buryo bugaragara kandi bwubahiriza amategeko mpuzamahanga arengera abasivili mu bihe by’intambara.
Ku rundi ruhande, Umuyobozi w’ihuriro rya AFC/M23, Corneille Nangaa, yagaragaje ko itangazo rya Leta ya RDC ku gahenge rishobora kuba uburyo bwo kuyobya amahanga. Yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa budateze guhagarika ibitero, ashinja Perezida Tshisekedi gukemura ibibazo bya politiki n’umutekano akoresheje intambara.
Ibi birego bishimangira impungenge z’uko hashobora gukomeza kubaho icyuho hagati y’amagambo ya politiki n’ibikorwa bigaragara ku rwego rw’ubutaka. Mu gihe amahanga asaba agahenge n’ibiganiro bya politiki, abaturage bo muri Minembwe bavuga ko icyihutirwa ari uguhagarika ibitero, gufungura imihora y’itumanaho n’ubutabazi, no kurinda ubuzima bw’abasivili.
Ababikurikiranira hafi bagaragaza ko igihe cyose imitwe itandukanye ikomeje gukorera mu gace kamwe idafite ubuyobozi bumwe kandi ifite inyungu zitandukanye, amahirwe yo kugera ku mahoro arambye akomeza kuba make.
Minembwe, nk’agace gafite amateka yihariye mu bibazo bya Kivu y’Amajyepfo, ikomeje kuba ikimenyetso cy’uko ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa RDC gisaba igisubizo kirambye gishingiye ku biganiro byimbitse, kubahiriza uburenganzira bwa muntu no gukuraho imizi y’amakimbirane amaze imyaka irenga makumyabiri asenya imibereho y’abaturage.





