Abanyamulenge n’Abapfulero bagiranye ibiganiro biganisha ku mahoro.
Mu gace kamwe ko mu Bibogobogo kabereyemo ibiganiro by’imishyikirano hagati y’Abanyamulenge, Abapfulelo, Abanyindu n’Ababembe.
Ni imishyikirano yabaye aher’ejo ku wa gatanu tariki ya 27/06/2025, aho yari iyobowe n’ishirahamwe rya Ugeafi rikora ibikorwa bitandukanye birimo n’uburezi mu misozi ya Fizi n’ahandi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru aturuka muri icyo gice cya Bibogobogo agaragaza neza ko iyo mishyikirano yabereye ahitwa Tujenge hatuwe n’abo mu bwoko bw’Abafulero.
Iyi mishyikirano yitabiriwe n’Abachefs ba Banyamulenge baturutse mu duce dutundukanye twaha mu Bibogobogo, nka Kabara n’ahandi.
Yitabiriwe kandi n’Abapfulero bavuye i Gafugwe, Ababembe bavuye i Baraka, Kirora na Malela.
Ubundi kandi ibi biganiro byitabiriwe n’inzego z’u mutekano, zirimo abapolisi n’abasirikare.
Ahanini baganirye ku mutekano n’icyagarura ubwumvikane hagati y’amoko aturiye aka karere.Bumvikana kuzongera guhura umunsi ababifite munshingano bazamenyesha impande zirebwa n’icyo kibazo.
Si ubwa mbere imishyikirano iba muri ibi bice ku moko ahaturiye, ariko kugera ku byumvikanyweho n’impande zose bikaba ibindi. Amaherezo bikarangira ibitero bya Wazalendo byongeye kugabwa ku Banyamulenge.
Mu mwaka ushize nabwo ibyo biganiro byarakozwe hagati no mu mpera zawo. Ibyo ntibyatumye ibitero bitagabwa ku Banyamulenge mu kwezi kwa cumi nabiri ku wo mwaka. Ibi bitero byongeye kubagabwaho kandi mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka wa 2025.
Iyi mishyikirano inakozwe mu gihe abo mu mutwe wa Wazalendo bari baheruka gutuma ku Banyamulenge ko bari gutegura kugaba ibitero iwabo mu Bibogobogo.
Ubwo butumwa babuhawe ku wa gatanu w’icyumweru gishize.
Nyamara ku rundi ruhande, ibi biganiro bishobora gutuma amahoro arambye abasha kugererwaho, nubwo bitizewe na bose.