Abapfuye muri Iran Bakomeje Kwiyongera, Misile Yageze muri Turikiya mu gihe Amerika na Israel Bakomeje Ibitero Simusiga
Intambara iri guhuza Iran n’ihuriro rigizwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel irimo gufata indi ntera ikomeye, aho ku munsi wa gatanu wikurikiranya impande zombi zikomeje guhangana zikoresheje intwaro ziremereye zirimo misile zihuta cyane, indege z’intambara zigezweho, drones z’ubwiyahuzi n’intwaro ziri ku mato y’intambara.
Iyi mirwano yatangiye gukaza umurego kuva tariki ya 28/02/2026, ikomeje guteza impungenge ku mutekano w’akarere kose k’Uburasirazuba bwo Hagati ndetse no ku bukungu bw’Isi. Amakuru atangwa n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu agaragaza ko abantu barenga 1000 bamaze kugwa muri Iran kuva iyi ntambara yatangira, mu gihe ibihumbi by’abaturage bamaze guhunga ingo zabo.
Ku munsi wa gatanu w’imirwano, ingabo za Amerika na Israel zakomeje kugaba ibitero bikomeye ku butaka bwa Iran, byibanda cyane ku birindiro by’igisirikare, ku bigo by’ubuyobozi bwa gisivile ndetse no ku bikorwaremezo bifitanye isano na gahunda ya Iran yo guteza imbere ingufu za nucléaire.
Iran na yo iri gusubiza yifashishije misile n’indege zitagira abapilote (drones), igamije ibikorwaremezo by’Abanyamerika n’abo bafatanyije mu bihugu bitandukanye byo mu karere. Mu bihugu byamaze kuraswaho harimo Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Arabie Saoudite, Qatar, Iraq, Bahrain na Koweit, aho hari ibirindiro bya gisirikare by’Abanyamerika.
Tariki ya 03/03/2026, ibitero bya Iran byari byakajije umurego ku buryo Amerika yafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo ambasade zayo mu bihugu birimo Arabie Saoudite, Liban na Koweit. Abaturage bayo bari muri ibyo bihugu basabwe kubivamo byihuse bakoresheje indege zitwara abagenzi.
Tariki ya 04/03/2026, Iran yagerageje kurasa misile igana muri Turikiya, bituma iki gihugu kiba icya mbere mu muryango wa NATO kigeragejweho ibitero muri iyi ntambara.
Umuvugizi w’ibiro bya Perezida wa Turikiya, Fahrettin Altun, yatangaje ko iyo misile yaturutse muri Iran ikanyura mu kirere cya Iraq na Syria mbere yo kugerageza kwinjira muri Turikiya. Yavuze ko yahanuwe n’ingabo za Turikiya ikiri hafi y’intara ya Hatay iri mu majyepfo y’igihugu.
Umuvugizi wa NATO, Allison Hart, yamaganye icyo gikorwa, avuga ko ari ubushotoranyi bushobora kwagura iyi ntambara ku rwego mpuzamahanga. Yemeje ko ibihugu bigize NATO bihagaze inyuma ya Turikiya kandi ko ubwirinzi bw’uyu muryango bwakajijwe kugira ngo hakumirwe ibitero by’indege cyangwa misile.
Imibare itangazwa na Minisiteri y’Uburezi ya Iran igaragaza ko mu bapfuye harimo n’abanyeshuri 168 bigaga mu ishuri ribanza riri mu mujyi wa Minab. Uru rupfu rw’aba bana rwateje impaka zikomeye ku rwego mpuzamahanga, aho Iran ishinja Amerika na Israel kwibasira abasivili.
Minisitiri w’Ingabo wa Amerika, Pete Hegseth, yatangaje ko ingabo za Amerika zitagambiriye kwica abasivili, ariko yemera ko hari gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye uru rupfu.
Yagize ati:
“Ntitugamije kwibasira abasivili. Turimo gukora iperereza ryimbitse kugira ngo tumenye icyabaye nyirizina.”
Umugaba Mukuru w’ingabo za Amerika, Gen. Dan Caine, yatangaje ko imbaraga za Iran mu kugaba ibitero zagabanutse cyane kuva intambara yatangira. Yavuze ko misile Iran yarasaga mu karere yagabanyutseho 86%, naho ibitero bya drones bikagabanukaho 73%.
Gen. Caine yavuze ko ingabo za Amerika zimaze kurasa ibipimo birenga 2000 by’ibirindiro bya Iran, ndetse zikaba zarasenye amato y’intambara arenga 20 mu Nyanja y’u Buhinde.
Minisitiri Hegseth na we yatangaje ko ubwato bwabo bugendera munsi y’amazi bwamaze kwibiza ubwato bw’intambara bwa Iran bwitiriwe Gen. Qassem Soleimani wahoze ayobora umutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran (IRGC). Yavuze ko iyi ari intsinzi ikomeye, cyane cyane ko Soleimani yishwe n’ingabo za Amerika mu 2020.
Igisirikare cya Israel cyatangaje ko kuva ku wa 28/02 kugeza ku wa 03/03 cyamaze kurasa ibisasu birenga 5000 ku butaka bwa Iran, mu gikorwa cya gisirikare cyiswe “Roaring Lion”. Iyi operasiyo igamije gusenya ibirindiro byose Iran ishobora gukoresha mu guhungabanya umutekano wa Israel n’Abanyamerika.
Ku wa 04/03, Israel yatangaje ko Iran ifatanyije n’umutwe witwaje intwaro wa Hezbollah ukorera muri Liban bagabye igitero cya mbere gihuriweho ku butaka bwa Israel, bituma abaturage basabwa kujya mu bwihisho.
Hezbollah yinjiye muri iyi ntambara ku wa 02/03/2026, ivuga ko igamije guhorera abayobozi ba Iran bishwe na Amerika na Israel, barimo Umuyobozi w’Ikirenga Ayatollah Ali Khamenei.
Iyi ntambara iri no kugira ingaruka zikomeye ku bukungu mpuzamahanga, cyane cyane ku isoko rya peteroli. Umuyoboro wa Hormuz unyuramo igice kinini cya peteroli icuruzwa ku Isi warahungabanye cyane kubera ibitero.
Ikigo Kpler gikora ubutasi ku ngendo z’ubwato mu nyanja cyatangaje ko ingendo z’ubwato butwara peteroli muri uyu muyoboro zagabanutseho hafi 90%.
Ibi byatumye ibiciro bya peteroli ku isoko mpuzamahanga byiyongera cyane, aho akagunguru kamaze kurenga Amadolari ya Amerika 80, ibintu bishobora gukomeza kuzamuka mu gihe iyi ntambara yakomeza gufata indi ntera.
Abasesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga bavuga ko niba Turikiya cyangwa ibindi bihugu bigize NATO byakomeza kugerwaho n’ibitero bya Iran, bishobora gutuma uyu muryango winjira mu ntambara ku mugaragaro. Ibi byatuma intambara y’akarere ihinduka intambara mpuzamahanga ishobora kugira ingaruka zikomeye ku Isi yose.
Mu gihe ibiganiro bya dipolomasi bitaragaragara ko bishobora guhagarika iyi mirwano, impande zombi zikomeje gutangaza ko zizakomeza kurwana kugeza zigeze ku ntego zazo za gisirikare n’umutekano.






