Abarenga umwe barasiwe mu rusengero n’umusirikare wa FARDC.
Umusirikare wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, yarasiye abantu batatu mu rusengero barimo basenga arabica abandi n’abo babiri arabakomeretsa.
Ku cyumweru gishize ni bwo icyo gikorwa kigayitse cyabaye tariki ya 11/05/2025. Ni gikorwa amakuru yerekana ko cyabereye mu gace kitwa Banana, gaherereye mu ntara ya Congo -Central.
Bamwe mu babonye aho biba bavuga ko uwo musirikare yinjiye mu rusengero rw’itorero Bethesida Ministry ruri mu gace ka Banana, mu ntara ya Congo-Central ubwo abakristo bari mu materaniro basenga, yinjira abariririza umugore witwa Naomie.
Nyuma y’aho abari mu rusengero bose bagize ubwoba bakanga ku muvugisha, yahise amisha urufaya rw’amasasu ku bantu bari aho mu rusengero abantu babiri bahita bahasiga ubuzima ako kanya, abandi batatu barakomereka.
Mu bahasize ubuzima ako kanya, barimo n’umwana mutoya, undi muntu wa gatatu yaje kugwa mu bitaro ibyo yari yajanyemo kugira ngo yitabweho.
Abandi babiri bakomeretse bo bari kwitabwaho ku bitaro bikuru bya Muanda.
Umuyobozi wungirije w’agace ka Muanda, bwana Nicolas Kinduelo, yemeje iby’ubu bugizi bwa nabi avuga ko nyuma yo kurasa aba bantu, uwo musirikare yahise afatwa n’abaturage kandi ngo baramukubita.
Ubuyobozi bw’igisirikare nabwo bwatangaje ko uyu musirikare agomba guhita agezwa mu rukiko rw’ibanze rwa gisirikare rwa Muanda ejo hashyize ku wa mbere, aho yaburanishijwe mu buryo bwihuse nk’uko amategeko abiteganya.