Abasirikare bakuru ba FARDC bahunze m23 mu Burasizuba bwa Congo, binjiye mu muriro w’urubanza.
Abasirikare ba Leta y’i Kinshasa, bashinjwa guhunga umutwe wa m23 mu Burasizuba bwa Congo, batangiye kuburanishwa mu rukiko rukuru rwa gisirikare ruri mu murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo (Kinshasa).
Ni aha’rejo tariki ya 13/03/2025, batangiye kuburanishwa, bivugwa ko abitabye uru rukiko ari batanu, kandi ko barimo abasirikare bakuru n’abapolisi bahunze m23 i Bukavu na Goma.
Aba barimo Maj.Gen Alengbia Nyitetessya Nzambe, Ekuka Lipopo Romuald, wigeze kuba guverineri wa gisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Brig.Gen. Yangba Tene Danny wari ushyinzwe umutekano muri Kivu y’Amajyaruguru, Brig.Gen.Papy Lupembe Mobenzo, umujyanama mubyagisirikare mu ntara ya Kivu Yaruguru ushinzwe itegeko, na Leonard Mukuna Ntumba wari ukuriye polisi muri Kivu y’Amajyaruguru.
Ubutabera bwa Congo, buvuga ko aba basirikare baregwa guhunga mu birindiro byabo bikigarurirwa na m23, kuva mubandi basirikare batabiherewe uburenganzira no guta abakomerekeye ku rugamba, intwaro, no gusiga ibikoresho bya gisirikare mu mujyi wa Goma n’uwa Bukavu.
M23, ubwo yafataga umujyi wa Goma, bamwe mu basirikare ba Leta y’i Kinshasa bahisemo guhunga, bata imbunda zabo bahungira mu Rwanda.
Ibi byahise byorohera uyu mutwe wa m23 gufata uyu mujyi wa Bukavu n’uwa Goma byihuse.
Mu kwezi gushyize uyu mwaka urukiko rukuru rwa gisirikare rwa Bukavu mu ntara ya Kivu y’Epfo, rwari rwarakatiye abasirikare ba Fardc 212 igihano cy’urupfu, rubaca n’amande y’amadolari ibihumbi 200, bazira n’abo guhunga urugamba.