Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abasirikare bo mungabo za EAC bavuye mu Burundi bongeye gushimwa n’abaturage ba Masisi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 4, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abasirikare bo mungabo za EAC bavuye mu Burundi bangeye gushimwa nabaturage ba Masisi.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 04/08/2023, saa 2:40pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Abaturiye teritwari ya Masisi, Mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bongeye kugarurira icyizere ingabo za EAC zaturutse mu Burundi nyuma yo gufungura umuhanda wa Kaluba-Sake wari warafunzwe nabo mwitsinda rya Wazalendo aho bivugwa ko baba soreshaga no kubambura utwabo, ibi ingabo za EAC zabikoze kuruyu wa Kane w’ejo hashize.

Uyu muhanda wari wafungiwe mu birometero bigera kuri 36 uvuye mu Mujyi wa Goma, muri Kivu y’Amajyaruguru, akaba ari umuhanda uhuza Groupement ya Kaluba, Mushaki na Shasha zo muri Sheferi ya Bahunde.

Nkuko ayamakuru abivuga nuko mu gihe cy’isaha yose nta modoka zashoboraga kuva Kaluba zijya muri Sake cyangwa ngo zive Sake zijya Kaluba. Amakuru aturuka aho avuga ko izi nyeshyamba za Wazalendo zigizwe n’insoresore zo muri ibyo bice, zishuzaga amafaranga ku modoka na moto kugirango zibashe gutambuka.

Abaturage babwiye itangazamakuru nyuma yo gufungura uyu muhanda, bavuze ko izi nyeshyamba zishinja leta ya Congo kutubahiriza amasezerano bagiranye yo kubitaho cyane ko ngo zitabona ibyo kurya.

Muri uyu muhanda ngo usanga izi nyeshyamba zivovota zivuga ko leta itazitaho nta yandi mahitamo zifite usibye kwirwanaho.

Umwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze muri Groupement ya Kaluba, yatangaje igituma inyeshyamba za Wazalendo zishinga bariyeri nyinshi mu mihanda itandukanye.

Ati ” Ibibazo bya Wazalendo byagombye kuba byarangira iyaba guverinoma yubahirizaga ingingo zimwe na zimwe bitewe nuko badakurikiranwa na Leta ya Congo kandi ibakoresha, bagashaka amaramuko mu baturage, ari yo mpamvu bagenda bashyiraho ariya mabariyeri atemewe. Ubwo rero Guverinoma ya Congo nuko yagombye gukoresha bariya ba Wazalendo ibibuka ikabaha umushahara, ikabaha ibikoresho, ikabaha ibyo kurya, kugirango abaturage bataza guhura n’ingaruka za Wazalendo bagenda babagezaho.”

Uyu muhanda waje gufungurwa ari uko ingabo za EAC zigiye kuwufungura abagenzi bakabona inzira. Ni igikorwa rero cyashimishije abaturage bo muri utwo duce nubwo bari bamaze igihe basaba ko Ingabo za EAC ziva muri iki gihugu.

Umwe muri bo ati ” Hano EAC iducungiye umutekano turi kuryama tugasinzira, nta kibazo akazi karakomeje, ku buryo ahandi bari kurara hanze bari no kwiruka ariko twe turatuje nta kibazo gihari dufite umutekano.”

Mugenzi we yunzemo ati ” Ingabo za Wazelendo EAC ikigera hano zaragiye, EAC zigera aha tubanye neza nta kibazo, nta muturage wahohoterwa cyangwa ngo hagire icyo bajyana ngo EAC iryame. Ahubwo iyo Wazalendo bajyanye nk’inka, EAC yihuta kujya kuzifata ikabungabunga umutekano w’abaturage, nta kibazo.”

Umwe mu baturage bo muri Kaluba, Emmanuel Ndayambaje, avuga ko izi nyeshyamba zikoreshwa na leta zabajujubije.

Ati “Hari ba Wazalendo babaga hano, banateshaga abaturage umutwe, hakaba n’igihe baje ninjoro bakarara barasagura, hagera igihe babafatira umwanzuro…ubu nta Muzalendo wagera hano yambaye uniform niyo yakwambara uniform aba afite ikibari. Yaba ageze hano bakamutegeka gukuramo uniform akabanza akajya kuyikuramo wenda aje nko gusura nk’umuryango we, akabona kugaruka mu isantere,”

Abaturage bemeza ko kuva inyeshyamba za Wazalendo zavanwa muri aka gace umutekano ugenda urushaho kuba mwiza, itandukaniro rikaba ari uko ingabo za EAC nta muntu zambura, nta muntu zishotora, ariko Umuzalendo hari igihe mwahuraga akaba yagukubita cyangwa akakwaka ibyo ufite ariko ubu nta kibazo bafite.

Tags: BashimweEACMasisiNabaturage
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

Soseyete Sivile muri Ituri, irashinja ingabo zo muri Etat de Siège kutazana impinduka murako gace.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?