
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, bamaganye ibyo bise ko ari “Ubugome bukabije” bwakozwe na Polisi kubarimo kwigaragambya kumunsi w’ejo hashize.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, kw’itariki 21.05.2023, saa 5:55pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Umunsi w’ejo hashize, tariki 20.05.2023, i Kinshasa, kumurwa mukuru wa Republika ya Demokarasi ya Congo, habaye imyigaragambyo, yarimaze iminsi mike itegugwa nabanya Politike batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa President Félix Tshisekedi.
Mubari bateguye iyo myigaragambyo, harimo Moïse Katumbi, wigezeho kuba Guverneri w’iyintara ya Katanga hakaba Kandi na Martin Fayulu nabandi.
Muriyo myigaragambyo bikavugwa ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwahise buyamaganira kure arinaho bivugwa ko Polisi yico gihugu yakoze ubugome bukabije ishaka guhagarika abarimo bakora iyo myigaragambyo nkuko tubikesha urubuga rwa Radio Okapi.
Kururyumunsi wokwamungu aba banya Politike batavuga rumwe n’ubutegetsi bakaba bamaganiye kure ibyo bise bikorwa byakinyamanswa byakozwe na Polisi yico gihugu.
Ndetse hari nabanditse bagaragaza ko Polisi yakoze ibikorwa byurugomo bubi, aho binagaragara Kw’iphoto Polisi irimo gukubita umwana uri mukigero c’imyaka yubuto yambaye ikabutura haruguru atikwije.
Uwitwa Stanis Bujakera, yanditse akoresheje Twitter agira ati : “Polisi yatangaje ko hafashwe abapolisi bakubise uyu mwana.”
Naho Lawrence Kanyuku, umuvugizi wumutwe w’itwaje Intwaro wa M23 urwanira muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, nawe yagize icavuga kubyabaye i Kinshasa kumunsi w’ejo aho yagaragaje ko anenga ibikorwa bya leta ya Kinshasa.
yagize ati: “Nyuma y’iyicwa ry’abasivili i Kinshasa, ingabo za leta ya Kinshasa kuri ubu zirerekeza i Kirolirwe, aha sikure yaho ingabo za Barundi ziri, Fardc nabambari bayo bikoreye Amashoka, bagana Kibati, Kausa na Karenga, ikibabaje ko bararasa ikintu cyose gihumeka. Isi iradufasha kutubera umuhamya.”
Muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, hakaba hongeye Kuvugwa umutekano muke nyuma yibikorwa bibi Polisi yakoreye i Kinshasa, ibikorera abarimo kwigaragambya.
Ikindi nuko aha muburasirazuba bw’ikigihugu, muntara ya Ituri, byavuzwe ko hari imodoka zomubwoko bwa Makamyo yari atwaye ibicuruzwa yatwitswe kuri iki cyumweru tariki ya 21.05.2023, ikaba yatwitswe ninyeshamba zo mumutwe wa ADF .





