
Brigadier General Andre Ohenzo Oketi, yamaze kugera mu Minembwe.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 02.05.2023. Saa 12:00 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Mugihe kumurwa mukuru wakarere k’imisozi miremire y’Imulenge (High land of Mulenge), bari bategereje ko umusirikare mukuru uyoboye ingabo za leta ya Kinshasa, zo muri 12ème brigade ko agera mu Minembwe, ubu twandika yamaze kugera mu Minembwe Centre.
Gen Andre Ohenzo, yaramaze igihe kingana namezi abiri atari muri Minembwe nkuko byakabaye, gusa kuhava kwe haramakuru yakomeje guca kumbuga nkoranya Mbaga Social Media), amwe avuga ko yoba yavanwe mu Minembwe burundu abavugako avuye Muri Minembwe bahamya ga ko yoba yaragambaniwe , nimugihe Ohenzo yageze muri Minembwe agarura amahoro yaramaze imyaka irenga irindwi ( 7), yarabuze murako gacye.
Nanone Kandi harandi makuru avuga ko Gen Andre Ohenzo, yaba yaragiye mukibali nkuko bivugwa mururimi rwigiswahili.
Hagati aho ukuri kwihishe muribyo bibiri. Igihe Gen Andre Oketi, yavaga mu Minembwe, indege yamujanye I Bukavu niyo yazanye uwitwa Col Alexis Rugabisha, nawe warumaze amezi abiri yaragiye mukibali nkuko byavugwaga, gusa Col Alexis Rugabisha, ntiyatinze muri Minembwe kuko yahise yoherezwa i Kalemi.
Col Alexis Rugabisha, igihe cye muri Minembwe hakomeje kurangwa ukuntunvikana hagati ye nabaturage b’Irwanaho, mugihe Gen Andre Ohenzo Oketi, we akimara kuhagera ahagana mukwezi Kwa mbere uyumwaka yagerageje guhosha umwuka mubi hagati ya Fardc nabaturage b’Irwanaho, ndetse nintambara za Mai Mai zirahagarara, akarere karatuza ibi akaba arinabyo bikekwa ko abatifuza amahoro ya karere k’imisozi miremire aribo boba baramugambaniye arahava ariko ubu turimo kwandika Brigadier General Andre Ohenzo Oketi, yamaze kugera mu Minembwe.
Haribyo abaturage bakomeje gushimira uyu Musirikare mukuru utavuka mubwoko bwa Banyamulenge, yashimiwe cyane kugarura amahoro, nokwegera abaturage abahumuriza akabakoresha Ibiganiro bitandukanye.
Ikindi Gen Andre Oketi, ashimirwa, mukiganiro yakoranye nabaturage ba Minembwe cyambere mukwezi Kwakabiri, uyumwaka yababwiye ko abazaniye amahoro. Abasezeranya Kandi ko agiye gutoza abasirikare bo muri 12ème brigade kubana neza nabaturage.




