
Abanyamulenge baturiye Bijojwe, muri Localite ya Gashigo, homuri Groupement ya Lemera, Chefferie y’Abapfulero, muri teritware ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, baratabariza inzego za leta ko bakomeje kwibwa imirima yabo, bavuga ko imirima itanu yibwe irashira.
Bijojwe, nagace gaherereye muri Rurambo, mu bilometre bibarirwa 100 n’u Mujyi wa Uvira. Nk’uko twahawe ay’amakuru ubu bujura buje nyuma y’uko bariya Banyamulenge bari bamaze igihe muntambara z’urudaca aho bagabwaho ibitero n’inyeshamba zo mu mutwe wa Mai Mai na Red Tabara.
Mugihe bari babonye agahenge kamahoro batangiye guhinga imirima yabo ubujura nabwo burabibasiye. Umwe mubaturage baturiye ibyo bice ya bwiye Minembwe Capital News ko abiba imirima yabo baza bitwaje imbunda bigakekwa ko arinyeshamba zikorera muribyo bice.
Uriya muturage utashatse ko izina rye rija mw’itangaza makuru yavuze ko ingabo z’u Burundi z’ibarizwa k’ubutaka bwomuri Kivu yamajy’Epfo, bakorera mubice bya Gitoga na Gahororo naho Inyeshamba zo mu mutwe wa Gumino zikaba ahitwa Nyarurambi , Bijojwe na Gitoga ndetse no mu Bibangwa(aba bomuri Gumino bavanze na Mai Mai).
Mugihe iza FARDC zo ziba Mubuzuke na Gahororo.
Ay’amakuru akomeza avuga ko imirima igera kuri 5 imaze kwibwa irarangira bigakekwa ko iyo Mirima yibwe n’iriya mitwe y’itwaje imbunda ikorera muribyo bice.
By Bruce Bahanda.