
Batatu Mubatwa 17, bagendaga banyaga ibya Baturage, bakanica abantu mucya Rurambo, baheruka kuhasiga ubuzima.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 15.05.2023, saa 3:00pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Byamaze kumenyekana ko, Abatwa, batatu Mubatwa 17, bagenda ga bitwaje intwaro(imbunda), baheruka kuhasiga ubuzima, muntambara iheruka guhuza abashinzwe umutekano muribyo bice na Batwa mugace ka Rurambo ho muri Teritware ya Uvira, muntara ya Kivu yamajy’Epfo, mugihugu ca Republika ya Demokarasi ya Congo.
Ibi byabye muriki cumweru dushoje nkuko tubikesha bamwe mubaturage baturiye aka karere Kindondo ya Rurambo.
Yagize ati: “Imirwano yahitanye Abatwa batatu, Mubatwa 17, bitwaje intwaro, bakundaga kunyaga ibya Baturage, yabaye muriki cumweru dushoje.”
Iyi mirwano, ikaba yarabaye mugihe, abanyeshuli bo kumashuli yisumbuye, baherekezwaga bagiye gukora Disseritation, ibanziriza ikizamini gisoza umwaka wa gatandatu yamashuli yisumbuye.
Nimugihe berekezaga Uvira gukora iyo Disseritation, maze baza guherekezwa nabasirikare bageze munzira Abatwa bagenda banyaga bagiye kunyaga abo banyeshuli maze baza guhura nuruva gusenya aribyo byahitanye abo Batwa.
Abo Batwa, bahoraga bashinjwa kwica, kwiba ibya Baturage, nokunyaga Inka zabo mubwoko bwa Banyamulenge mubice bya Rurambo. Ikindi nuko, abo batwa bageraga igihe bagakorana nuwitwa Nzeyimana, nkuko ayamakuru twayahawe kuva mukwezi Kwa 2/2023, aho byavuzwe ko Nzeyimana wo Mubibangwa, yiyegereje Abatwa bo murako gace kiwabo.
Nkuko ayamakuru twayahawe Kuri Minembwe Capital News (MCN), byavuzweko Abatwa harashwe batatu bahasiga ubuzima undi umwe arakomereka acitse ukuboko.
Abo Batwa bakaba bahoraga bazerera mumisozi yicya Rurambo.




