• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, January 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

AFC/M23/MRDP yongeye gushinja FARDC n’abambari bayo kugaba ibitero ahatuwe cyane, unayiha integuza ikanganye.

minebwenews by minebwenews
September 1, 2025
in Conflict & Security
0
AFC/M23/MRDP yongeye gushinja FARDC n’abambari bayo kugaba ibitero ahatuwe cyane, unayiha integuza ikanganye.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

AFC/M23/MRDP yongeye gushinja FARDC n’abambari bayo kugaba ibitero ahatuwe cyane, unayiha integuza ikanganye.

You might also like

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, rirabushinja kugaba ibitero ku baturage no kubirindiro byaryo, maze rivuga ko rigiye kubiburizamo no kubasanga aho babitegurira.

Ni byatangajwe n’umuvugizi wa AFC/M23/MRDP-Twirwaneho, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa mbere tariki ya 01/09/2025.

Kanyuka yavuze ko uruhande bahanganye rwatangije intambara yagutse rukoresheje FDLR, ingabo z’u Burundi iza RDC na Wazalendo.

Avuga ko barashe ibisasu nta mpuhwe mu bice bituwemo n’abaturage, no ku birindiro byaryo.

Asobanura ko ibi byose biri gukorwa n’ubutegetsi bw’iki gihugu, mu gihe impande zombi zari ziheruka gushyira umukono ku masezerano y’amahame y’i Doha muri Qatar tariki ya 19/08/2025.

Yakomeje avuga ko ibyo bitero zabigabye i Pinga muri Walikale n’i Bunyakiri muri teritware ya Mwenga.

Yahamije ko ibyo bitero byateye imfu ku baturage b’inzirakarengane no kuva mu byabo, binabashyira no mu kaga, bityo avuga ko bakeneye ubutabazi.

Uyu muvuguzi yarangije asezeranya abaturage ko bazabarinda, kandi ko batazakomeza kurebera ibiri gukorwa n’ubutegetsi bw’iki gihugu.

Ibi bije bikurikira irindi tangazo AFC/M23/MRDP-Twirwaneho yashyize hanze ku munsi w’ejo ku cyumweru tariki ya 31/08/2025. Ryari iryo kwihanangiriza uruhande bahanganye ku bitero rwakoze ku wa gatandatu wakiriya cyumweru gishize, rikavuga ko bagomba kubihagarika bitaba ibyo bakajya ku byihagarikira bo ubwabo.

Ubwo Kanyuka yatangazaga iby’ibi bitero biri gukorwa n’ubutegetsi bwa RDC, yaboneyeho kumenyesha ko ihuriro ryabo riri bugirane ikiganiro n’abanyamakuru i Goma mu Burasirazuba bw’iki gihugu, kandi ko kiri bube uyu munsi ku wa mbere tariki ya 01/09/2025, aho ngo kiri buze kuyoborwa n’umuhuza bikorwa waryo, Corneille Nangaa.

Iki kiganiro kikaba kiri bwibande ku by’umutekano, ndetse n’ibindi bintu binyuranye byugarije RDC.

Tags: AbaturageIbitero
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC Abakurikiranira hafi ibibera mu ntambara imaze igihe ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bemeza...

Read moreDetails

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23 Mu gitondo cyo ku Cyumweru, abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo ni bo babanje kwinjira mu mujyi wa...

Read moreDetails

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), umutwe wa Wazalendo, ubarizwa mu mitwe...

Read moreDetails

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira Amakuru yizewe aturuka mu mujyi wa Uvira, uri muri teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga...

Read moreDetails

Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gushinjwa gukomeza guha umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro...

Read moreDetails
Next Post

AFC/M23 mu gikorwa cyo gutangiza umwaka wa mashuri wa 2025-2026.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?