AFC/M23 Yafashe Agace k’Ingenzi muri Walikale
Agace ka Buhimba, gaherereye mu karere ka Waloa Yungu, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, kagaruye mu maboko y’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) nyuma y’imirwano ikaze hagati y’iri huriro n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’abafatanyabikorwa barimo Wazalendo, Abacanshuro, ingabo za Angola, ndetse n’umutwe wa FDLR.
Abahagarariye sosiyete sivile muri ako gace bemeje aya makuru, bavugako imirwano yamaze amasaha menshi, igateza umutekano muke ndetse ikabangamira ubuzima bw’abaturage basanzwe. Nyuma y’iyo mirwano, ingabo za FARDC zasubiye inyuma, bituma Buhimba igwa mu maboko ya AFC/M23.
Amakuru ava muri ako karere avuga ko abaturage benshi bahise bahunga ingo zabo berekeza mu bindi bice bifite umutekano, mu mashyamba n’ahandi, mu rwego rwo kwirinda ingaruka z’imirwano yakomeje kumvikana mu nkengero z’ako gace.
Ifatwa rya Buhimba rikurikirwa n’indi mirwano imaze iminsi ibera mu bice bitandukanye bya Walikale, aho impande zose zihanganye zikomeje gushinjanya kuba arizo zatangije ibitero. FARDC ivuga ko ikomeje guhangana n’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya ubusugire bw’igihugu, mu gihe AFC/M23 ishimangira ko ibikorwa byayo bigamije impinduka mu miyoborere n’umutekano w’abaturage.
Abasesenguzi mu bya politiki n’umutekano bavuga ko ifatwa rya Buhimba na AFC/M23 bishobora guhindura isura y’umutekano muri Walikale no mu bice bihana imbibi na yo, cyane cyane ko aka karere gafatwa nk’ingenzi mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse n’itumanaho rihuza uturere dutandukanye.
Kugeza ubu, ubuyobozi bwa FARDC ntiburagira itangazo rirambuye ku byabaye, mu gihe abaturage bakomeje gusaba ko hashyirwa imbaraga mu kugarura ituze no kurinda abasivile ingaruka z’imirwano ikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.





