• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, January 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

AFC/M23 yagaragarije amahanga amarorerwa akorwa n’Ingabo za RDC inayerurira icyo yiyemeje

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 7, 2025
in Conflict & Security
0
AFC/M23 yagaragarije amahanga amarorerwa akorwa n’Ingabo za RDC inayerurira icyo yiyemeje
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

AFC/M23 yagaragarije amahanga amarorerwa akorwa n’Ingabo za RDC inayerurira icyo yiyemeje

You might also like

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, ryashinje Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo gukomeza guhohotera abaturage bayo, ryerekana n’amashusho agaragaza uburyo inzego z’umutekano zibakorera iyicarubozo, rinasobanura ko ariyo mpamvu rigikomeje urugamba rwo kubacungura.

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7/11/ 2025, Umuvugizi wa AFC/M23 ushinzwe ubuvugizi muri politiki, Lawrence Kanyuka, agaragaramo ashinja Leta ya Kinshasa ibikorwa by’akarengane gakomeye. Aya mashusho agaragaza abapolisi ba Leta babiri baboshye umuturage amaboko n’amaguru, bamuryamishije hasi, umwe amufashe inyuma mu gihe undi amukubita akoresheje botine.

Kanyuka yavuze ko ibi bikorwa by’ihohoterwa bikomeje gukorerwa abaturage bo mu burasirazuba bwa Congo, ari imwe mu mpamvu zatumye AFC/M23 yiyemeza gufata intwaro kugira ngo irengere uburenganzira bw’abanyagihugu batagira kivurira.

Yagize ati: “Turamagana ibikorwa bya kinyamaswa bikomeje gukorerwa abaturage bacu n’inzego zagombye kubarinda. Intego ya AFC/M23 ni ugucungura abaturage bacu no guharanira ko igihugu cyacu kiyoborwa mu mucyo, kigendera ku mategeko, kandi kirengera buri wese.”

Iri huriro ryavuze ko ibikorwa nk’ibi bigaragaza uburyo ubutegetsi buriho bwirengagije amahame y’uburenganzira bwa muntu, bukaba bwarahisemo kwibasira abaturage aho kubarengera. Ryongeyeho ko rishyigikiye imbaraga za sosiyete sivile n’imiryango mpuzamahanga irengera ikiremwamuntu mu gukurikirana ibyaha nk’ibi no gusaba ko ababikora bajyanwa mu nkiko.

AFC/M23 yasabye umuryango mpuzamahanga kudakomeza kurebera ku bibera muri Congo, ahubwo ugashyiraho igitutu kuri Leta ya Perezida Félix Tshisekedi, kugira ngo irengere abaturage bayo aho kubakandamiza.

Iri huriro ryashoje rihamya ko rizakomeza urugamba rwo kurengera uburenganzira bwa rubanda no gusaba ibiganiro bigamije amahoro arambye, ariko atari amahoro yubakiye ku karengane.

Tags: AbaturageAFC/m23IyicarubuzoRdc
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC Abakurikiranira hafi ibibera mu ntambara imaze igihe ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bemeza...

Read moreDetails

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23 Mu gitondo cyo ku Cyumweru, abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo ni bo babanje kwinjira mu mujyi wa...

Read moreDetails

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), umutwe wa Wazalendo, ubarizwa mu mitwe...

Read moreDetails

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira Amakuru yizewe aturuka mu mujyi wa Uvira, uri muri teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga...

Read moreDetails

Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gushinjwa gukomeza guha umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro...

Read moreDetails
Next Post
Twirwaneho yerekanye umurundo w’intwaro yambuye ingabo z’u Burundi n’iza FARDC

Twirwaneho yerekanye umurundo w’intwaro yambuye ingabo z’u Burundi n'iza FARDC

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?