AFC/M23 yigaruriye agace k’ibgenzi
Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryigaririye agace gaherereye muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26/07/2025, ni bwo AFC/M23 yafashe agace ka Showa ko muri teritware ya Masisi.
Yakigaruriye nyuma yo kukirukanamo ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo bari bahanganye ryiganjemo Fardc, FDLR na Wazalendo.
Ni mu gihe impande zombi aha’rejo nanone kandi zahanganiye muri kariya gace, ariko uruhande rwa Leta rushaka kwihagararaho.
Amakuru akomeza avuga ko n’uyu munsi bongeye guhangana, ibyaje no kurangira FARDC n’abambari bayo bahungiye ahitwa i Ngesha na Burora.
Showa ni agace kingenzi ko muri teritware ya Masisi kagizwe n’uduce turimo Muhondo na Changara. Ubundi kandi izwiho kuba igira umwero w’ibihingwa bitandukanye birimo n’ibigori.
Usibye Showa, M23 yafashe n’utundi duce harimo aka Mulema na Nyamaboko ya mbere, twose tubarizwa muri teritware ya Masisi.