AFC yagize ibindi itangaza, ndetse itabariza n’umunyakenya washimuswe n’ingabo za RDC.
Bi kubiye mu itangazo iri huriro rya AFC ryaraye rishyize hanze muri iri joro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa Kane tariki ya 29/08/2024, aho ritabariza umunyakenya washimuswe n’ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, zikaba kandi zikomeje guhonyora amasezerano yo guhagarika imirwano mu ntara ya Kivu Yaruguru no kubangamira abaturage.
Iritangazo rya AFC ritangira rigira riti: “Ihuriro rya AFC riramenyesha imiryango y’imbere mu gihugu muri Congo Kinshasa n’imiryango mpuzamahanga ko ingabo zirimo iza FARDC, FDLR, Wazalendo, ingabo z’u Burundi, abacanshuro, Monusco na SADC, ziri guhonyora amasezerano yo guhagarika imirwano no gukora ibibangamira abenegihu.”
AFC ikaba ihamagarira abatangabuhamya barimo abayobozi bo mu karere ndetse n’abafatanya bikorwa mpuzamahanga mu kongera imbaraga kugira ngo bakemure amakimbirane y’intambara akomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ndetse kandi ko hakorwa ibishoboka byose bagakemura ihohotera rikomeje gukorerwa abaturage bikozwe n’ingabo zirwanirira Leta ya Kinshasa.
Iri tangazo rya AFC rikaba kandi rimenyesha ko izi ngabo zirimo iza FARDC, FDLR n’abambari bayo bashimuse umushoferi w’ikamyo uvuka mu gihugu cya Kenya, Frolence Wanza Munyao, wavutse ku ya 29/03/1979, akaba yaravukiye mu karere ka Machakos. Nk’uko iri tangazo rikomeza rivuga n’uko uyu mushoferi yashimutiwe i Kiseguro ho muri Grupema ya Binza muri teritware ya Rutshuru. Iri tangazo rinavuga ko yashimuswe igihe c’isaha ya saa sita z’ijoro ryo ku itariki ya 27/08/2024.
Rinavuga kandi ko umutwe wa FDLR ukorana byahafi n’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ukomeje kubangamira ibikorwa by’abahinzi ndetse kandi ukaba uburiza abenegihugu amahoro binyuze mu kubanyaga ibyabo.
Iri tangazo rya AFC rikaba risoza rivuga ko umuryango wa AFC wo ukomeje kubungabunga amahoro n’umutekano kandi ko wegerana n’abaturage ku gira ngo barusheho gushaka ibyazanira akarere ugenzura ibyiza n’iterambere.
MCN.