Agezweho i Mulenge, ya nkumi yarekuwe, menya nuko umutekano wifashe muri icyo gice.
Umukobwa wo ku Ndondo ya Bijombo, Nyamanoro, uwari uheruka gufatwa arafungwa, aho yashinjwaga gucyura umugambi wo gushaka kwivugana abayobozi bo muri Twirwaneho akoresheje uburiganya, yarekuwe.
Nyamanoro yababariwe aha’rejo ku wa gatanu, aho yaramaze hafi iminsi ibiri afunzwe, kuko yatawe muri yombi mu gitondo cyo ku wa gatatu tariki ya 28/05/2025, akaba yarafungiwe mu Mikenke.
Bivugwa ko uyu mukobwa yafashwe avuye ku Ndondo ya Bijombo, aho bisobanurwa ko yari yatumwe n’abakorera mu kwaha k’u butegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi kubashakira nimero telefone z’abamwe mu bayobozi b’uyu mutwe wa Twirwaneho mu Minembwe.
Ndetse aya makuru yavugaga ko yatumwe kubashakira cyane cyane inimero za Brigadier General Sematama uzwi cyane nk’Intare-Batinya.
Ni amakuru yahamyaga ko yahawe n’ibihembo kugira ngo azabashakire izo nimero, nubwo ibyo bihembo bitavuzwe ibyaribyo.
Irekurwa rye, amakuru amwe avuga ko iperereza ryasanze ari umwere, mu gihe andi makuru na yo ahamya ko abayobozi ba Twirwaneho bari bamufunze ba mubabariye.
Uyu Nyamanoro wari watawe muri yombi, ni uwo mu gace ka Kajembwe ko muri Grupema ya Bijombo, teritware ya Uvira; aka gace gasanzwe kagenzurwa n’umutwe witwara gisirikare wa Gumino, uyobowe na Nyamusaraba uwo bivugwa ko akoreshwa na Leta y’i Kinshasa, kabone nubwo ari inyeshyamba.
Ubwo yatabwaga muri yombi, icyo gihe byavuzwe ko yasanganwe n’ibimenyetso biranga ko aziranye n’abo muri Gumino, kuko yarafite amanimero yabo kandi biranga ko bavuganaga, bityo bigakekwa ko Leta y’i Kinshasa ko yaba yarakoresheje Gumino mu guha uriya mukobwa iyo misiyo.
Kajembwe yaturutsemo iherereye mu ntera y’i birometero bibarirwa muri 85 uvuye muri Minembwe centre. Usibye kuba Kajembwe iherereye kure n’u mujyi wa Minembwe, gurupema ya Bijombo ibarizwaml igenzurwa n’Ingabo za Congo(FARDC) n’iz’u Burundi(FDNB).
Kuba Leta ishaka amanimero telefone zabo muri Twirwaneho, ni mu rwego rwo kugira ngo ibagabeho ibitero byo kubarimbura ikoresheje indege zitagira abapilote zizwi nka drones. Ibi yarabikoresheje kandi ubwo yivuganaga uwari umuyobozi mukuru wa Twirwaneho, Rukunda Michel Makanika, mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.
Hagataho, uduce twa Rugezi, Mikenke n’inkengero za centre ya Minembwe twari tugize iminsi tuberamo imirwano kuva mu cyumweru gishize no mu ntangiriro z’iki turimo ndetse no mu cyumweru cyo hirya, uyu munsiho n’ejo ku wa gatanu, twaranzwemo ituze n’amahoro. Kimwecyo, biravugwa ko Nyamusaraba ko yazamukanye abasirikare benshi b’u Burundi kandi ko abakuye i Bujumbura, ngo akaba ahigiye kugaba ibitero kuri Twirwaneho mu Bijabo, Mikenke n’ahandi.
Ikindi nuko ku bari mu Rugezi bakomeje kurangiza ibice bigenzurwa n’uruhande rwa Leta imisozi n’amashyamba biri gushya, n’ikirere cyaho cyahindutse urwotsi, ubundi bakakirangizamo ibirimi by’umuriro. Kugeza ubu abarangiza ibi ntacyo bashobora kubivugaho, usibye gukekeka ko ari ugutwika gusanzwe, nk’uko bihora bikorwa igihe cyo muci.
Ibice biri kurangizikamo uwo muriro ni ibya Matanganika, Gitumba, Kabanju n’ibindi byo muri ibyo bice.
Ngayo nguko uko byifashe i Mulenge iwabo w’Abanyamulenge.