Agezweho y’u rugamba rukaze ruri kubera i Walungu muri Kivu y’Epfo.
Amakuru aturuka i Walungu muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko abarwanyi bo mu mutwe wa M23 bigaruriye uduce twaho tune, ndetse kandi ko bari gusatira no gufata umujyi wa Kaziba ufatwa nk’igice gikomeye cyo muri iyi teritware.
Ni mu mirwano ikomeye yabaye hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo za Congo, aho amakuru yemeza ko yatangiye igihe c’isaha z’amanywa yo kuri uyu wa gatatu tariki ya 23/04/2025.
Muri iyi mirwano umutwe wa M23 wabohoje uduce turimo Luciga, Katope, umusozi wa Nangando na Ngali. Utwo duce kwari tune, duherereye mu nkengero za centre ya Kaziba muri teritware ya Walungu.
Aya makuru akomeza avuga ko n’igice cya Kaziba ubwacyo, mu mwanya muto ushyize abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 bari bakigeze mu marembo yacyo, kuburyo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa RDC zakigenzuraga, zamaze ku kuvamo zihunga.
Iyi mirwano ije ikurikira iheruka kubera i Nyangenzi, nyuma yuko iri huriro ry’Ingabo za Congo ( FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo) zayigabyemk ibitero ziturutse i Kaziba. Uyu mutwe ubisubiza inyuma, ndetse wigarurira n’imisozi ya ihanamiye iki gice cya Nyangenzi.
Imirwano yabaye uyu munsi yongeye gutuma abaturage benshi bahunga, aho bari guhunga berekeza i Uvira ahimuriwe ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo ku rwego rw’igihugu.
Mu gihe M23 yakwigarurira iki gice cya Kaziba, byaba bibaye ku nshuro ya 2, kuko tariki ya 12/03/2025, ni bwo yari gifashe ku nshuro ya mbere, iza ku cyikuramo kuko yahise ikomeza igana mu Minembwe.
Tubibutsa ko Kaziba ni cheferi imwe mu macheferi abiri agize teritware ya Walungu. Iyi Kaziba ikaba isanzwe ituwe ahanini n’Abashi ndetse n’Abasharishari.