Aho imyigaragambyo ya Wazalendo igeze isatira kuri Meri muri Uvira
Abazindukiye mu myigaragambyo i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo yo kwamagana Brigadier General Olivier Gasita, igeze hafi naho igambiriye gusorezwa kuri meri ya Uvira, ari na ho abasirikare bafunze banahawe itegeko ryo kurasa uyirimo wese.
Iyi myigaragambyo yahereye i Kavimvira, abayirimo bategetswe kuba ariho bahera bakabona gukomereza kuri meri.
Abayitabiriye baturutse mu ma-Quartier atandukanye harimo iya Songo, Nyamianda, Mulongwe n’ahandi.
Bamwe mu bayobozi bayo ari nabo bakangurira abandi kuyitabira bumvikanye mu butumwa bw’amajwi bavuga ko iyi myigaragambyo igomba kugira umwihariko, kandi ikarangira aruko General Olivier Gasita avuye muri iki gice agasubira iyo yaje ava.
Aya makuru akomeza avuga ko abayirimo muri aka kanya bageze ahitwa kuri Monument berekeza kuri meri.
Hari n’amashusho yagiye hanze agaragaza umurongo muremure abantu bakubise buzuye, berekeza mu mujyirwagati.
Uva kuri Monument werekeza kuri meri, ni ahantu h’urugenzi rutageze kw’isaha imwe ugenda n’ibirenge.
Igitangaje rero nuko imihanda yose y’injira kuri meri yafunzwe n’abasirikare ba FARDC, aho bari kumwe n’igipolisi cy’iki gihugu.
Amakuru ahari avuga ko aba basirikare n’abapolisi bahawe itegeko ryo guhita barasa abari mu myigaragambyo mu gihe bokomeza gusatira berekeza kuri meri.
Hitezwe ikiri buze gukurikiraho, nyuma y’aho abasirikare baza gusaka n’abari mu myigaragambyo. Wazalendo n’abo abari muri iyi myigaragambyo babwiwe icyo cyemezo cyafashwe, ariko kugeza ubu baracyakomeje urugendo rw’amaguru aho bari gusakuza cyane berekeza kuri meri.
Muri urwo rusaku bari kuvuga ko badashaka Brigadier General Olivier Gasita iwabo muri Uvira.
Hagataho, igikurikiraho n’icyo kirindiriwe.