Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Aka-Biroze-Bishambuke kashobotse n’ubu bari kurasana byakaze ibyabo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 28, 2025
in Conflict & Security
0
Rwongeye kwambikana bikomeye hagati y’Ingabo za RDC na AFC/M23.
72
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Aka-Biroze-Bishambuke kashobotse n’ubu bari kurasana byakaze ibyabo.

You might also like

M23 yafashe utundi duce twinshi two muri Kivu y’Amajyepfo.

RDC: Abasirikare ba FARDC barenga 40 bakurikiranyweho ibyaha bikomeye kandi biteye n’isoni.

Abanyamulenge n’Abapfulero bagiranye ibiganiro biganisha ku mahoro.

Abarwanyi bava mu bwoko bw’Abapfulelo bafite itsinda rizwi nka Biroze-Bishambuke basubiranyemo baramarana, nyuma yo kwica umukobwa mwenewabo wa Colonel Ngomanzito Umuyobozi mukuru w’aba barwanyi bo muri Biroze-Bishambuke muri teritware ya Fizi.

Bikubiye mu makuru MCN ikesha abatuye mu Rugezi haherereye hafi n’i Gasiro aho Biroze-Bishambuke yasubiranyemo yica irashe umukobwa mwenewabo wa Colonel Ngomanzito, bica kandi n’undi mu komanda muto wo muri uyu mutwe wa Biroze-Bishambuke.

Nk’uko babivuga bagize bati: “Bishe barashe umukobwa w’Umupfulelo ufitanye isano rya hafi na Col.Ngomanzito, bica n’umukomanda wari uyoboye ibatayo ya Wazalendo. Ibyo byabereye i Gasiro.”

Bagize kandi bati: “Nyuma y’aho bishe uwo mukobwa n’uwo mukomando, abegereye cyane Col. Ngomanzito barahoye.”

Aya makuru akomeza avuga ko iri subiranamo ryakomotse ku byo Wazalendo bari babuguje mu isoko ya kane isanzwe iremera i Gasiro. Ntihazwi umubare w’ibyo bari buguje, gusa bizwi ko aribyo byabaye intandaro y’iryo subiranamo.

Ni amakuru kandi avuga ko nubwo uriya mukobwa yabigendeyemo araraswa arapfa, ariko iri korogana ryari hagati ya komanda batayo waha i Gasiro n’undi mu komanda witwa na Nakuku Mamba. Kandi aba bombi n’abo baje kuraswa barapfa.

Ibi byanatumye Col. Ngomanzito ahamagarwa i Uvira, kugira ngo aje gusobanura iki kibazo.

Ati: “Barasanye bamaranye. Twamenye ko Ngomanzito yahamagajwe i Uvira gusobanura iki kibazo, abarwanyi be bagize.”

Iri subiranamo ry’aba barwanyi, amakuru avuga ko ryakomereje no mu bindi bice kuko n’ubu bari kurasana mu Gitumba ugana mu Kabanju haherereye mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe.

Umutangabuhamya yagize ati: “Kano kanya ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu, bari kurasana mu Gitumba. Ibyabo byakomeye.”

Uko kurasana hagati y’aba barwanyi mu Gitumba, byatangiye igihe cya saa kumi nebyiri n’igice zo kuri uyu mugoroba.

Kimwecyo, ntiharamenyekana ibyoba byangirikiye muri iryo rasana riri kubera mu Gitumba. Ariko nk’uko bikomeza bivugwa ni uko hari kumvikana urusaku rw’imbunda rwinshi kandi ziremereye n’izoroheje.

Ku rundi ruhande bivugwa ko bariya barwanyi bo muri Biroze-Bishambuke basubiranyemo i Gasiro mu gihe barimo bategura kugaba ibitero kuri Twirwaneho na M23 mu Rugezi.

Hari nyuma y’ibitero aba barwanyi kandi bari baheruka kugaba kuri iyi mitwe muri icyo gice mu ntangiriro z’iki cyumweru no mu kindi gishize.
Ni ibitero iyi mitwe yombi byarangiye ibisubije inyuma.

Hagataho, turakomeza gukurikirana iyi nkuru kugeza ku iherezo ryayo.

Tags: GasiroIsubiranamoNgimanzitoWazalendo
Share29Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

M23 yafashe utundi duce twinshi two muri Kivu y’Amajyepfo.

by Bruce Bahanda
June 28, 2025
0
AFC/M23 yabohoje akandi gace muri Kivu y’Epfo.

M23 yafashe utundi duce twinshi two muri Kivu y'Epfo. Haravugwa imirwano ikomeye yongeye kubura hagati y'ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo n'abarwanyi bo mu ihuriro rya...

Read moreDetails

RDC: Abasirikare ba FARDC barenga 40 bakurikiranyweho ibyaha bikomeye kandi biteye n’isoni.

by Bruce Bahanda
June 28, 2025
0
RDC: Abasirikare ba FARDC barenga 40 bakurikiranyweho ibyaha bikomeye kandi biteye n’isoni.

RDC: Abasirikare ba FARDC barenga 40 bakurikiranyweho ibyaha bikomeye kandi biteye n'isoni. I Butembo ho muri teritware ya Lubero mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, hari abasirikare 45 ba...

Read moreDetails

Abanyamulenge n’Abapfulero bagiranye ibiganiro biganisha ku mahoro.

by Bruce Bahanda
June 28, 2025
0
Uwashinjwaga kuba ishyano ku Banya-Bibogobogo ntakiriho.

Abanyamulenge n'Abapfulero bagiranye ibiganiro biganisha ku mahoro. Mu gace kamwe ko mu Bibogobogo kabereyemo ibiganiro by'imishyikirano hagati y'Abanyamulenge, Abapfulelo, Abanyindu n'Ababembe. Ni imishyikirano yabaye aher'ejo ku wa gatanu...

Read moreDetails

Gasiro:Komanda wo muri Wazalendo yishwe arashwe.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Rwongeye kwambikana bikomeye hagati y’Ingabo za RDC na AFC/M23.

Komanda wo muri Wazalendo yishwe arashwe. Komanda wo mu ihuriro ry'imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo isanzwe ikorana byahafi n'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, yishwe arashwe n'abagenzi...

Read moreDetails

DRC and Rwanda Sign Peace Deal in Washington to End Decades of Conflict

by minebwenews
June 27, 2025
0
DRC and Rwanda Sign Peace Deal in Washington to End Decades of Conflict

The Democratic Republic of the Congo (DRC) and Rwanda have agreed to a peace deal in Washington, DC, to stop years of fighting between the two neighboring countries....

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yabohoje akandi gace muri Kivu y’Epfo.

M23 yafashe utundi duce twinshi two muri Kivu y'Amajyepfo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?