Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amafaranga u Bwongereza bwatanze ku Rwanda muri gahunda y’abimukira ntibuzayasubizwa, menya impamvu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 10, 2024
in Regional Politics
0
Amafaranga u Bwongereza bwatanze ku Rwanda muri gahunda y’abimukira ntibuzayasubizwa, menya impamvu.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amafaranga u Bwongereza bwatanze ku Rwanda muri gahunda y’abimukira ntibuzayasubizwa, menya impamvu.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

N’ibyatangajwe n’umuvugizi wa leta y’u Rwanda w’ungirije, Alain Mukuralinda, yashimangiye ko igihugu cye kitazasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye muri gahunda yo kohereza abimukira binjira muri iki gihugu binyuranyije n’amategeko.

Iyi gahunda ishingiye ku masezerano y’ubufatanye mu gukemura ibibazo by’abimukira no mu iterambere ku bukungu bw’igihugu yashyizweho umukono wa mbere mu kwezi kwa 2022.

Urwego rushinzwe ubugenzuzi mu Bwongereza rwagaragaje ko iki gihugu cy’u Rwanda cyahawe miliyoni 270 z’ama-pounds kugeza mu mpera z’u mwaka w’ingengo y’imari w’2023.

Nyuma yaho ishyaka ry’Abakozi, Labour ritsinzwe amatora y’Abadepite tariki ya 04/6/2024, minisitiri w’intebe mushya, Sir Keir Starmer, yatangaje ko Guverinoma nshya itazohereza abimukira mu Rwanda.

Yagize ati: “Gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda yarapfuye ndetse yarashyinguwe.”

Ni amagambo minisitiri w’intebe yarwanyaga iyi gahunda yashyigikiwe na bagenzi be batatu bamubanjirije munshingano.

Mukuralinda, mu kiganiro yagiriye kuri televisiyo y’igihugu, yashimangiye ingingo iri muri ay’amasezerano, ahamya ko u Rwanda rutazasubiza amafaranga rwahawe n’u Bwongereza.

Ati: “Amasezerano ntabwo yigeze ateganya ko amafaranga azasubizwa u Bwongereza.”

Mukuralinda kandi yavuze ko u Bwongereza butari kwishyuza amafaranga bwatanze butari kwishyuza amafaranga bwatanze, kuko u Rwanda rutigeze rwica ibikubiye mu masezerano impande zombi zagiranye.

Ati: “Barishyuza baherereye hehe ko ntabyo amasezerano ateganya! Barishyuza se ni inguzanyo batanze? Hari ingingo n’imwe u Rwanda rwigeze rwica?”

Avuga ko u Bwongereza ari bwo bwisabiye u Rwanda kugirana na rwo aya masezerano, bityo ko mu gihe rwifatiye icyemezo cyo kuyahagarika, ntacyo rushobora kubaza iki gihugu cyari kwakira abimukira.

Ibiro bya minisitiri w’intebe w’u Bwongereza yatangarije ibitangaza makuru ko ari ya mafaranga yarabikiwe gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda atari yagakoreshwejwe, Guverinoma nshya ikaba iteganya kuyifashisha mu bikorwa by’urwego rushya rushinzwe umutekano wo ku mipaka.

Gusa, umunyamabanga wa leta w’imbere mu gihugu cy’u Bwongereza, Yvette Cooper, yasobanuye ko nyuma yisuzuma ry’amafaranga yari yaragenewe iyi gahunda yaba atarakoreshwa, Guverinoma izageza mu nteko ishinga amategeko umushinga wo kuyakoresha muri uru rwego.

Kigali yo kuya 08/07/2024, yatangaje ko iki gihugu cyiteguye gushakira ibisubizo ibibazo bibangamiye Isi birimo iby’i mpunzi n’abimukira bagana iki gihugu.

              MCN.
Tags: Muri gahunda y'abimukiraNtibuzayasubizwa amafarangaRwandaU Bwongereza
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Igisirikare cya leta ya Kinshasa cyaguze ibindi bibunda bishya byo kurwanya M23.

Igisirikare cya leta ya Kinshasa cyaguze ibindi bibunda bishya byo kurwanya M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?