“Amafaranga ya Wazalendo yahindutse ideal,” ibivugwa na Leta .
Minisitiri w’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, Guy Kabona Muadiavita yaraye ageze i Uvira ahimuriwe ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yaho umujyi wa Bukavu ugiye mu maboko y’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo ribarizwamo n’umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa. Akimara kuhagera yavuze ko ikibazo cy’amafaranga ya Wazalendo yahindutse business y’abanyapolitiki babi cyabonewe umuti.
Ku gicyamunsi cy’ejo ku wa mbere tariki ya 07/04/2025, ni bwo minisitiri w’ingabo za RDC yageze i Uvira, aho yageze avuye i Bujumbura nyuma yuko ava i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Minembwe Capital News yamenye ko i Uvira, minisitiri Guy yakiriwe n’abaturage kandi ko bamwakiririye kuri Rond-Point iherereye i Kavimvira.
Muri uko kumwakira yababwiye ko intego nyamukuru y’uruzinduko rwe igamije gukemura ikibazo cy’umutekano muke abaturage bafite i Uvira.
Ati: “Intego nyamukuru y’uruzinduko rwanjye hano i Uvira, naje gukemura ikibazo Perezida wa Repubulika atabashije kuhakemura cy’umutekano muke.”
Ni mu gihe aka gace karimo umutekano muke, kuva kahungiramo imitwe ya Wazalendo na FDLR. Ahanini aba barwanyi bo muri iyi mitwe bakagezemo ku bwinshi nyuma yuko m23 ifashe umujyi wa Bukavu ku wa 16/02/2025.
Ubundi kandi kuva Wazalendo bagera muri aka gace, kakomeje kubamo imirwano yogusubiranamo bonyine kuri bonyine, ndetse kandi hakaba ubwo barwana n’ingabo za Leta.
Muri uru ruzinduko rwa minisitiri w’ingabo za Congo i Uvira yabonanye kandi n’inzego zitandukanye, harimo inzego z’umutekano, abayobozi ba Leta na Wazalendo.
Nk’uko yabibwiye abaturage bamwakiriye, yagize ati: “Nibyiza ko nganiriza inzego z’umutekano, abayobozi ba Leta na Wazalendo, kugira ngo menye neza ikibazo nyamukuru mufite i Uvira. Kandi tugishakire igisubizo.”
Minisitiri Guy yabwiye kandi abaturage ko hari umuntu wamubajije ifaranga zigenwa na Leta zo gufasha Wazalendo iyo ziza zija?
Ati: “Hari uwa mbajije amafaranga ava muri minisiteri nyoboye y’ingabo no muri etat major, agenewe gufasha Wazalendo iyo azaja?”
Avuga ko igisubizo yamuhaye, yamubwiye ko “ariya mafaranga Leta yamenye ko yahindutse business z’abanyapolitiki babi. Ariko byamaze kubonerwa umuti.”
Yongeyeho kandi ko ibyo bigiye kugira iherezo.
Ati: “Twahisemo kubishyiraho iherezo. Ubu Wazalendo bukuri bagiye kuzaza babona ibihembo byabo, nk’uko FARDC nayo ibibona.”
Ibyo yabivuze mu gihe mu kwezi gushize, Leta yahembeye abasirikare n’abapolisi kuri Bank. Kandi buri musirikare wo hasi agafata amadolari 500.