Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC
Abakurikiranira hafi ibibera mu ntambara imaze igihe ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bemeza ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi yakoze amakosa akomeye ya politiki n’umutekano, yagize uruhare rugaragara mu gukomeza no gukaza ubukana bw’iyo ntambara. Nubwo ayo makosa ari menshi, hari atatu agarukwaho cyane nk’ayagize ingaruka zikomeye ku mahoro arambye, akaba ari na yo twibandaho muri iyi nkuru.
Ayo makosa ni: uguhagarika ibiganiro by’amahoro byaberaga mu ibanga hagati ya Leta ya RDC n’umutwe wa M23 i Kinshasa; guha u Burundi urubuga rwo gukorera ibikorwa bya gisirikare ku butaka bwa Congo mu kurwanya abanzi babwo, mu gihe u Rwanda rwashyizwe ku ruhande nubwo rufiteyo ibibazo by’umutekano; ndetse n’imvugo zikakaye Perezida Tshisekedi yagiye agaragaza, zirimo n’izo kwemeza ko yiteguye gushyigikira imigambi yo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.
Ku ikosa rya mbere, abasesenguzi benshi bahuriza ku kuba guhagarika ibiganiro by’ibanga byaberaga i Kinshasa hagati ya Leta ya RDC n’umutwe wa M23, kuva Perezida Tshisekedi yajyaga ku butegetsi mu mpera za 2019, ari byo byahaye intambara ya M23 imbaraga n’ubukana by’umwihariko guhera mu 2021. Ibyo biganiro byahagaritswe nyuma y’uko ubutegetsi bwa Kinshasa bwemeye inama z’abantu bamwe bafatwa nk’abahezanguni, barangwa n’urwango rufatika ku bavuga Ikinyarwanda, cyane cyane Abatutsi, bavugaga ko abarwanyi ba M23 Leta yashakaga gusubiza mu gisirikare cya FARDC.
Izo nama mbi zatumye Leta ihagarika ibiganiro by’amahoro, ihitamo inzira ya gisirikare, bituma FARDC itangira kugaba ibitero bikaze ku birindiro bya M23 mu duce twa Sabyinyo no mu ishyamba ry’Ibirunga. Ibi byatumye M23 yisuganya ikongera kwiyubaka, yirwanaho, igera ku mupaka wa Bunagana uhuza RDC na Uganda, ifata n’uduce twinshi two muri teritwari za Rutshuru na Masisi, nyuma igera no muri Nyiragongo, hafi y’umujyi wa Goma.
Abakurikirana iyi ntambara bemeza ko iyo Leta ya Tshisekedi ikomeza ibiganiro by’amahoro, ikanasinya amasezerano yo gusubiza abarwanyi ba M23 mu ngabo za FARDC, byari gutuma uwo mutwe ubura impamvu yo gukomeza intambara, bityo igihugu kikarindwa kumeneka kw’amaraso n’ibihombo bikomeje kwiyongera.
Ku ikosa rya kabiri, rijyanye no guha u Burundi uburenganzira bwo gukorera ibikorwa bya gisirikare ku butaka bwa Congo mu kurwanya imitwe ibubangamiye, mu gihe u Rwanda rwashyizwe ku ruhande nubwo rufite ikibazo cy’umutekano gishingiye cyane cyane ku mutwe wa FDLR, abasesenguzi bavuga ko byakongeje urwikekwe n’umwuka mubi hagati y’ibihugu byo mu karere.
Iki cyemezo cya Leta ya Tshisekedi cyatumye u Rwanda rukeka ko hari umugambi uhuriweho hagati ya RDC n’u Burundi wo kurugirira nabi, wihishe inyuma y’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri RDC. Ibi byarushijeho gukaza umwuka w’ubwumvikane buke mu karere k’Ibiyaga Bigari, bituma bamwe mu basesenguzi bavuga ko u Rwanda rushobora kuba rwarabonye impamvu zo kwitegura no kwirinda ibishobora kurugabwaho.
Ku ikosa rya gatatu, rijyanye n’imvugo za Perezida Tshisekedi zagiye zigaragaza ubushake bwo gushyigikira abashaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda buyobowe na Perezida Paul Kagame, abasesenguzi mu bya politiki bavuga ko izi mvugo zakongeje umuriro w’intambara aho kuwucisha make. Bemeza ko imvugo nk’izo zitari zikwiye umukuru w’igihugu, kuko zashyiraga mu kaga umutekano w’akarere kose, zigaha ishingiro impungenge n’ubwoba ku gihugu cy’abaturanyi.
Bamwe muri abo basesenguzi banagaragaza ko u Rwanda ruhakana gufasha umutwe wa AFC/M23, ariko ko imvugo n’imyitwarire by’ubutegetsi bwa Kinshasa byahaye ishingiro impamvu u Rwanda rushobora kuba rwarafashe ingamba zo kwirinda cyangwa zo guhangana n’ibishobora kurutera biturutse muri RDC, cyane cyane imitwe irimo na FDLR imaze imyaka irenga 30 ikorera muri icyo gihugu.
Muri rusange, ibyemezo n’imyitwarire bya Perezida Tshisekedi bikomeje gutera impungenge ku hazaza ha RDC n’akarere k’Ibiyaga Bigari. Iyo usesenguye neza, usanga amakimbirane ya politiki hagati y’abayobozi bo mu karere nta kindi akora uretse gukomeza guhembera intambara no kudindiza amahirwe y’iterambere.
Ni yo mpamvu hakenewe ko abayobozi bo mu karere bashyira imbere ibiganiro byubaka, ubwiyunge n’imikoranire ishingiye ku bwizerane, haba hagati yabo ubwabo no hagati y’abaturage bayobora, kuko ari byo byonyine byatanga icyizere cy’amahoro n’iterambere birambye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu karere k’Ibiyaga Bigari muri rusange.





