Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amakuru arambuye kuri gahunda y’u Bwongereza yaburijwemo yo kohereza abimukira mu Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 6, 2024
in Regional Politics
0
Amakuru arambuye kuri gahunda y’u Bwongereza yaburijwemo yo kohereza abimukira mu Rwanda.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amakuru arambuye kuri gahunda y’u Bwongereza yaburijwemo yo kohereza abimukira mu Rwanda.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni myanzuro yafashwe na minisitiri w’intebe mushya w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer, aho yayifashye ku munsi w’ejo hashize akimara guhabwa izi nshingano.

Igitangaza makuru cya The Telegraph dukesha iy’inkuru cyatangaje ko cyahawe amakuru n’abantu b’imbere mu ishyaka rya Labour Party, avuga ko ibyo kohereza abimukira mu Rwanda byahagaritswe.

Kuva na mbere iri shyaka ryari ryaravuze ko mu gihe ryoramuka ritsinze amatora y’abagize inteko ishinga mategeko yabaye ku wa Kane, icyo rizihutira cya mbere ari ukudobya gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, rikavuga ko ibyo ku bohereza bidakurikije amategeko.

Gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda bwa mbere yifujwe ubwo Boris Johnson yari minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, ikomeza no ku buyobozi bwa Liz Truss na Rish Sunak uwatsimbuwe na Sir Keir Starmer.

Iyi gahunda yari imaze imyaka ibarirwa kuri ibiri yagiye idindizwa n’inkiko zagiye zitambika Guverinoma y’u Bwongereza.

Ingingo ijyanye na yo by’umwihariko iri mu zagiye zibandwaho ubwo abahatanye mu matora yo mu Bwongereza barimo biyamamaza.

Umwe mu bantu b’imbere mu ishyaka ry’Abakozi yabwiye kiriya gitangaza makuru ko “ubu yamaze gupfa.”

Byitezwe ko u Bwongereza bugomba gushyira iherezo kuri iyi gahunda biciye mu masezerano bwari bwarasinyanye n’u Rwanda.

Cyanatangaje kandi ko mu gihe cyo gusesa amasezerano byitezwe ko u Bwongereza buzazana ingingo ivuga ko nta yandi mafaranga buzongera guha u Rwanda uhereye umunsi azaseswa.

Nk’uko binavugwa nuko kuva ariya masezerano asinywe u Rwanda rwari rumaze guhabwa miliyoni 270 z’ama-pounds.

Gusesa ariya masezerano bisobanuye ko u Bwongereza bwahita ‘burokora’ miliyoni 100 bwagombaga kwishyura mu mwaka utaha w’ 2025 ndetse n’uwa 2026.

Kugeza ubu ntacyo leta y’u Rwanda iratangaza ku bijyanye n’iseswa ryariya masezerano, gusa kuri uyu wa Gatandatu byitezwe ko Guverinoma y’u Rwanda isohora itangazo, riza kuba riha ikaze Guverinoma nshya y’u Bwongereza ivugwaho kuyadobya.

          MCN.
Tags: GahundaKohereza Abimukira mu RwandaU BwongerezaYahagaritswe
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Félix Tshisekedi yayoboye indi nama igamije guhashya umutwe wa M23 ugize igihe warahabuye ubutegetsi bwe.

Perezida Félix Tshisekedi yayoboye indi nama igamije guhashya umutwe wa M23 ugize igihe warahabuye ubutegetsi bwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?