Amakuru mashya y’ingabo z’u Burundi zigiye kurwanya Abanyamulenge.
Amakuru ava ku Ndondo ya Bijombo muri teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Epfo, avuga ko ingabo z’u Burundi zisanzwe zikorana n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo muri ibi bice byo ku Ndondo, zamanutse mu Cyohagati, bikavugwa ko zigiye kurwanya Twirwaneho y’Abanyamulenge.
Nk’uko iyi nkuru ibivuga izi ngabo z’u Burundi muri iri joro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kabiri, zavuye mu Rwumbuguza zerekeza mu bice byo mu Cyohagati.
Bikavugwa ko ahagana mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri nibwo zageze ahitwa Nyamara mu birometero bike uvuye mu gace ka Kamombo kwa Chef-Mututa.
Iyi nkuru ikomeza ivuga ko izi ngabo zigiye kurwanya Twirwaneho y’Abanyamulenge iheruka gufata ibigo bya FARDC bikomeye mu Minembwe na Mikenke, ndetse y’igarurira n’ibiro bya komine Minembwe. Ni mu ntambara yabaye mu cyumweru gishize.
Ubutumwa twahawe bugira buti: “Amakuru dufite hano mu Bijombo nuko mu ijoro ryaraye rikeye ingabo z’u Burundi zavuye mu Rwumbuguza ari nyinshi. Mu rukerera nibwo zageze kuri Nyamara. Ariko ubu zerekeje mu Kamombo. Umwanya uwo ari wo wose, zishobora gucyakirana na Twirwaneho.”
Kurundi ruhande Twirwaneho ikomeje kwirukana ingabo za Leta na Wazalendo, kuko nyuma y’aho ifashe mu Mikenke iyirukanyemo abarwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa yongeye gufata mu Gipupu ahazwi ko hari mu ndiri ikomeye y’abarwanyi ba Wazalendo.
Si aho honyine kuko hari utundi duce aba barwanyi ba Twirwaneho bigaruriye uyu munsi two mu Cyohagati.