Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amakuru mashya y’ingabo z’u Burundi zigiye kurwanya Abanyamulenge.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 25, 2025
in Regional Politics
0
Mu Burundi ubwoba ni bwose nyuma yaho intambara iri kubasatira iva muri RDC.
161
SHARES
4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amakuru mashya y’ingabo z’u Burundi zigiye kurwanya Abanyamulenge.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Amakuru ava ku Ndondo ya Bijombo muri teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Epfo, avuga ko ingabo z’u Burundi zisanzwe zikorana n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo muri ibi bice byo ku Ndondo, zamanutse mu Cyohagati, bikavugwa ko zigiye kurwanya Twirwaneho y’Abanyamulenge.

Nk’uko iyi nkuru ibivuga izi ngabo z’u Burundi muri iri joro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kabiri, zavuye mu Rwumbuguza zerekeza mu bice byo mu Cyohagati.

Bikavugwa ko ahagana mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri nibwo zageze ahitwa Nyamara mu birometero bike uvuye mu gace ka Kamombo kwa Chef-Mututa.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko izi ngabo zigiye kurwanya Twirwaneho y’Abanyamulenge iheruka gufata ibigo bya FARDC bikomeye mu Minembwe na Mikenke, ndetse y’igarurira n’ibiro bya komine Minembwe. Ni mu ntambara yabaye mu cyumweru gishize.

Ubutumwa twahawe bugira buti: “Amakuru dufite hano mu Bijombo nuko mu ijoro ryaraye rikeye ingabo z’u Burundi zavuye mu Rwumbuguza ari nyinshi. Mu rukerera nibwo zageze kuri Nyamara. Ariko ubu zerekeje mu Kamombo. Umwanya uwo ari wo wose, zishobora gucyakirana na Twirwaneho.”

Kurundi ruhande Twirwaneho ikomeje kwirukana ingabo za Leta na Wazalendo, kuko nyuma y’aho ifashe mu Mikenke iyirukanyemo abarwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa yongeye gufata mu Gipupu ahazwi ko hari mu ndiri ikomeye y’abarwanyi ba Wazalendo.

Si aho honyine kuko hari utundi duce aba barwanyi ba Twirwaneho bigaruriye uyu munsi two mu Cyohagati.

Tags: BijomboIngabo z'u BurundiKamomboTwirwaneho
Share64Tweet40Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Abasirikare ba Fardc bishwe na Wazalendo.

Abasirikare ba Fardc bishwe na Wazalendo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?