
Imirwano kumunsi w’ejo hashize yongeye kubura hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’inyeshyamba za M23 muburasirazuba bwa Republika iharanira democrasi ya Congo.
Ayamakuru tuyakesha ikinyamakuru ca Okapi iradio ya Monusco ikorera muburasirazuba bwa Republika iharanira democrasi ya Congo. Tukaba tuyanditse none tariki 19.03.2023 n’a Saa 8:30Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe, yanditswe na Bruce Bahanda.
Nkuko umuvugizi w’igisirikare ca FARDC mu ntara ya Kivu Yaruguru, Lt Col Guillaume-Ndjike Kaiko, yaraye abishize mu itangazo yasohoye ahagana mumasaha yigicamunsi cejo tariki 18.03.2023, yavuze ko M23 ari yo yatangije iyi mirwano nyuma yo gutera ibirindiro bitandukanye by’Ingabo za Congo.
Lt Col Ndjiki Kaiko Guillaume, akaba yavuze ko ibirindiro byabo byabashe kugabwaho ibitero n’umutwe wa M23 yavuze ko biri mu duce twa Mpati, Kabaya, Nyabibwe, Kadirisha, Rubare, na Nyamimanzu; twose two muri Chefferie ya Bahunde muri Teritwari ya Masisi.
Umuvugizi wumutwe wa M23, haba kuruhande rw’igisirikare cangwa rwa politike ntaco barabivugaho kuribyo bitero byabaye kumunsi w’ejo hashize tariki 18.03.2023, gusa ubwo Minembwe Capital News, yaganiraga numwe mubagize umutwe wa M23 yavuze ko ingabo zaleta nabafatanya bikorwa babo FDLR, Abacancuro n’a MaïMaï aribo babanjye kubagabaho ibitero maze M23 nayo b’Irwanaho ndetse baza kwambura Ihuriro rya Fardc, FDLR, abacancuro ibice bimwe mubyabereyemo imirwano yavuze agace ka Nyabibwe na Kabaya.
Iyi mirwano yongeye kubura mu gihe umutwe wa M23 uheruka gutangaza ko wafashe icyemezo cyo kuva mu duce twinshi wagenzuraga mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru turimo Karuba, Muremure, Nyamitima, Nkingo, Kagano, Kihuli ahari i minara itatu.
Umutwe wa M23 wari wasabye Ingabo za EAC ziri muri Congo ko zatujyamo akaba ari zo zitugenzura.
Ariko ubuyobozi bwa M23, mu itangazo baheruka gushira hanze bamaganye kuba Ingabo za Congo n’imitwe bakorana ari bo baheruka kuja muri turiya duce. bavuyemo kandi ko witeguye gukomeza kwirwanaho mu gihe cyose uzakomeza kugabwaho ibitero.
Uyumutwe wa M23 nkuko ubyivugira bavuga ko barwanira uburenganzira bwabo nabenewabo nimugihe andi moko aturiye uburasirazuba bwa Congo akunze kubita abashitsi mugihugu ibi Leta ya Kinshasa nayo ishinjwa kuba inyuma yabaturage bita Ubwoko bwaba Tutsi abashitsi mugihugu ca Republika iharanira democrasi ya Congo.




