Amasasu ya Mag yarimo amanuka mu Kabanju nk’imvura.
Mu gace ka Kabanju gaherereye mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe, kabereyemo imirwano ikomeye iyo bivugwa ko yari yo gusubiranamo kwa Mai-Mai-Biroze-Bishambuke yonyine.
Ahagana ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki ya 10/07/2025, ni bwo iryo subiranamo ry’abarwanyi bo mu mutwe wa Mai-Mai-Biroze-Bishambuke ryabaye.
Minembwe Capital News amakuru yamenye kuri iyi mirwano ni uko yaguyemo abarwanyi babiri bo muri uyu mutwe.
Ni imirwano amakuru akomeza avuga ko yamaze umwanya munini, kuko yatangiye igihe c’isaha z’amanywa igeza igihe cy’umugoroba wajoro.
Nyamara kandi muri iyi mirwano, yumvikanyemo uguturika kw’intwaro ziremereye n’izoroheje, ahanini ngo humvikanaga imbunda yo mu bwoko bwa Mashin Gun.
Ubuhamya twahawe bugira buti: “Abapfulelo mu Kabanju bakoroganye, benderaho bararasana. Amasasu ya Mashin Gun yarimo amanukira muri ako gace nk’imvura.”
Binavugwa kandi ko impande zari zihanganye zo muri uyu mutwe, zageze aho zireka imbunda, ubundi ngo zikoresha imihoro zitangira gutemana.
Ati: “Bageze na ho batemana, imbunda bazirambika hasi.”
Ku rundi ruhande, ku munsi w’ejo hashize tariki ya 09/07/2025, aba barwanyi basubiranyemo barwana akanya gato mu Kabanju, ariko ngo bidakanganye.
Isubiranamo ryabo rikomeye, riheruka kuba mu mpera z’ukwezi gushize no mu cyumweru cya mbere cy’uku kwezi kwa karimdwi, aho ryabereye i Gasiro ndetse kandi n’aha mu Kabanju. Icyo gihe ryanaguyemo abantu babarirwa kuri batanu, barimo n’umugore warufitanye isano rya bugufi na Col-Ngomanzito umuyobozi mukuru w’uyu mutwe wa Mai-Mai-Biroze-Bishambuke, ubarizwa mu cyiswe Wazalendo. Abandi n’abo batari bake barakomereka.