Amasasu yumvikaniye i Fizi havuzwe Umukomando yasize ahitanye
Imitwe ibiri ya Wazalendo yasubiranyemo mu bice byo muri teritware ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, binarangira umukomando wo mu ruhande rumwe rwasubiranyemo n’urundi ahasize ubuzima.
Aha’rejo ku wa kabiri tariki ya 21/10/2025, ni bwo iriya mitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo irimo uyobowe na Kakobanyi n’uyobowe na Ngomanzito bahanganye karahava.
Amakuru aturuka muri ibi bice byo muri teritware ya Fizi byabereyemo iryo hangana hagati y’iyi mitwe ibiri agaragaza ko ryabereye mu gace kitwa Kikonde.
Ni imirwano aya makuru anavuga ko yaguyemo umukomando wo mu barwanyi bayobowe na Kakobanyi.
Uyu akaba yarashyizwe operasiyo, s3 muri uwo mutwe. Abandi n’abo babarirwa mu icumi barakomereka, nk’uko aya makuru akomeza abivuga.
Binavugwa kandi ko umubiri we wahise ujanwe i Sebele ahari umuryango we, kugira ngo bawushingure.
Isubiranamo ry’iyi mitwe yombi, ryavuye ku businzi, nyuma y’aho bamwereye inzoga mu gace ka Milanga, bamaze gusinda, ni ko guhita bambikana.