
Amashirahamwe atavuga rumwe na Leta muri Congo Kinshasa yahamagariye Abashinga mateka kwamagana itegeko riziwi kwizina ngo “Tshiani Law.”
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 27.03.2023, nasaa 4:15PM kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Imiryango itegamiye kuri Leta muri Republika iharanira democrasi ya Congo (RDC) yahamagariye abadepite bomuriki gihugu kwamagana umushinga w’itegeko utavugwaho rumwe nabenshi muriki gihugu ku bwenegihugu, uzwi ku izina rya “Tshiani Law,” ufatwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu rwego rwo gukumira bamwe mu bakandida biyamamariza umwanya wa Président wiki gihugu.
Uyu mushinga w’itegeko urasaba umuntu uzahabwa inshingano za President kuba avuka muri Congo Kandi ababyeyi be bombi ari aba kongomani.
Ibi benshi babifata nkiturufu yogukumira bamwe kuruyumwanya.
Amatora yumukuru w’Igihugu muriki gihugu ateganijwe kuba muruyumwaka wa 2023 mukwezi Kwa 12.
Ayamatora ateganijwe kuba mugihe intambara zikomeje kubica bigacika hagati ya M23 nabasirikare ba Republika iharanira democrasi ya Congo (FARDC) bakaba bibumbiye mwishirahamwe hamwe ninyeshamba zomumutwe wa CODCO ishinjwa ubwicanyi ndenga kamere mubice bya Ituri, hakaba Kandi na Mai Mai ishinjwa ubwicanyi muri Kivu zombi(Iyepho niyaruguru).
Ihuriro rya Fardc Kandi rishinjwa kuba rikorana byahafi na FDLR irimo bamwe basize bakoze Genoside Murwanda mumwaka wa 1994.
Ingabo za FARDC zishinjwa kuba zikorana kandi na Wagner abazungu bavuye kubutaka bw’Uburusiya.
Leta ya Kinshasa nayo ishinja Kigali gufasha umutwe wa M23, ibyo Kigali ihakanira kure.




