
Republika ya democrasi ya Congo (RDC), “Ngo nico gihugu conyine kw’Isi cigamba kwica Abasirikare b’Urwanda batabaho.”
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 02.04.2023, saa 7:07AM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ambassador w’Urwanda mugihugu c’Ubuholandi bwana Olivier Duhungirehe, yakojeje isoni, Republika ya democrasi ya Congo nimugihe uheruka gutorerwa kuyobora Minisitere y’Ingabo yiki gihugu ca Congo Kinshasa, bwana J.Pierre Bemba aheruka gutangaza ko ingabo za FARDC ziheruka kwivugana umusirikare w’Urwanda ufite ipeti rya Colonel.
Jean Pierre Bemba, yari yavuze ko uyu Colonel yise Jacque Bitaba, yapfanye nabasirikare babiri ngo bicirwa muri Teritware ya Rutshuru, ho muntara ya Kivu yamajyaruguru muriki gihugu ca Congo Kinshasa.
Maze Ambassador w’Urwanda Olivier Duhungirehe, aha abatwenzi umwanya woguseka avuga ko kw’Isi hose Republika ya democrasi ya Congo arico gihugu conyine gikunze kwigamba kwica Abasirikare b’Urwanda batabaho. Duhungurehe ati “Ibi babitangaza batabanjye kubitohoza.”
Tubibutsa ko bwana J.Pierre Bemba ariwe uheruka kuza mumpinduka zisha Tshisekedi aheruka gukora muri leta ye, J.Pierre Bemba yahawe kuyobora Minisitere y’Ingabo ndetse ahabwa Kandi nokuba Minisitiri w’intebe wungirije.
Iki gihugu ca Republika ya democrasi ya Congo (RDC), kigize igihe kirekire muntambara zurudaca cane muburasirazuba bw’ikigihugu (Kivu Yepfo niyaruguru).




