Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amerika ibyo ivuga ku mutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 26, 2025
in Regional Politics
0
Amerika ibyo ivuga ku mutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa.
121
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika ibyo ivuga ku mutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zibinyujije mu muyobozi wayo wa komisiyo y’inteko ishinga amategeko akaba ashinzwe n’ubutasi n’ibikorwa byihariye by’igisirikare, Dr.Ronny Jackson, yagaragaje ko umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa ugizwe n’abanye-kongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda, ibyawo bitandukanye n’ibyo Leta ya Congo iwuvugaho, kandi agaragaza ko ufite imbaraga.

Dr.Ronny usanzwe ari intumwa yihariye ya perezida Donald Trump mu karere k’ibiyaga bigari, ibi yabitangaje mu gihe yari avuye muruzinduko mu cyumweru gishize urwo yagiriye i Kinshasa n’i Kigali.

Muri urwo ruzindutse yarugiriyemo ibiganiro na perezida Felix Tshisekedi wa Congo, cyo kimwe na perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Ku wa kabiri yari imbere y’abagize inteko ishinga amategeko, abasobanurira ko mu ntambara umutwe wa m23 irwana abo bahanganye badashobora kuwukoma mu nkokora , waba uhabwa ubufasha n’u Rwanda cyangwa rutawubaha.

Yagize ati: “M23 yaba iri kumwe n’u Rwanda cyangwa bitarikumwe, muri iki gihe usanga mu karere ntawuyijyaho impaka. Bakora ibyo bashaka, kandi ingabo za Congo ntiziwisubiza. Bahunga uwo mutwe ubundi bakarambika intwaro zabo hasi.”

Yagarutse no ku makimbirane yo mu Burasizuba bwa Congo, avuga ko impamvu m23 irwana ari uko “abenshi mu bagize uyu mutwe badafatwa nk’abaturage ba Congo.”

Avuga ko ibi bijyana n’imipaka ya kera, aho Abanyarwanda bisanze hanze y’igihugu cyabo ubwo imipaka yashyirwagaho muri Uganda bemeye kubakira, ariko muri Congo ntibabikozwa.

Kubw’iyi ntumwa ya perezida Donald Trump, abonako abagize m23 bakwiye gufatwa nk’abanye-kongo, ndetse bagahabwa uburenganzira busesuye.

Yasoje avuga ko m23 itazapfa gushyira hasi intwaro, agaragaza ko uyu mutwe ukwiye kwinjizwa mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu rwego rwo kugira abawugize barwanirire igihugu cyabo kuko bafite ubwo bubasha.

Tags: AmerikaM23
Share48Tweet30Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
“Adui uri i Gakangala turamurasa naho ahandi yayabangiye ingata,” ibivugwa n’abari mu Minembwe.

Amakuru avugwa kuri Gen.Rushaba mu misozi ya Uvira.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?