Amerika na Canada mu Ihangana Rikomeye
Ihangana rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada rikomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko Perezida wa Amerika, Donald Trump, akuye Canada ku rutonde rw’ibihugu byari byaratumiwe kwinjira mu cyiswe Board of Peace (Inama y’Amahoro).
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’impaka zikomeye zabereye mu nama mpuzamahanga ya Davos, aho Perezida Donald Trump yagiranye ikiganiro kirimo kutumvikana na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Mark Carney. Izo mpaka zagaragaje itandukaniro rikomeye mu myumvire y’impande zombi ku mikorere n’imigambi by’iyo nama.
Mu ntangiriro, Minisitiri w’Intebe Mark Carney yari yemeye ko Canada yinjira muri iyo Board of Peace nk’igihugu kiyifitemo uruhare. Icyakora, ibintu byaje guhinduka ubwo Minisitiri w’Imari wa Canada yatangarizaga ku mugaragaro ko igihugu cye kititeguye gutanga inkunga ya miliyari imwe y’amadolari ya Amerika (miliyari 1$) yasabwaga kugira ngo kibe umunyamuryango uhoraho w’iyo nama.
Board of Peace yashyizweho ku gitekerezo cya Donald Trump, igamije gufasha mu bikorwa byo kongera kubaka Gaza nyuma y’igihe kirekire cy’intambara n’ubwumvikane buke. Nubwo icyo gitekerezo kigaragazwa nk’icy’amahoro, hari impuguke n’abanyapolitiki benshi bagaragaje impungenge, bavuga ko iyo Board ishobora guha Perezida Trump ububasha burenze urugero mu byemezo bireba ibindi bihugu biyigize.
Nyuma y’izo mpaka n’iyo myanzuro ya Canada, Ottawa yakuwe burundu muri iyo Board of Peace. Ibi byabaye mu gihe ibindi bihugu 19 byakomeje kuyinjiramo no gukorana na Amerika muri uwo mushinga, Canada igasigara hanze, ibintu bikomeje kongera umwuka mubi mu mubano wayo na Washington.
Iri tangazo ryongeye kugaragaza ko umubano hagati ya Amerika na Canada, wari umaze igihe ushingiye ku bufatanye n’ubwizerane, uri kwinjira mu cyiciro gishya kirimo ihangana rishingiye ku nyungu za politiki n’ubutegetsi ku rwego mpuzamahanga.





