• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Amerika n’u Burayi byaba bigiye kurangiza intambara muri Ukraine.

minebwenews by minebwenews
April 18, 2025
in World News
0
Amerika n’u Burayi byaba bigiye kurangiza intambara muri Ukraine.
72
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika n’u Burayi byaba bigiye kurangiza intambara muri Ukraine.

You might also like

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zatangiye ibiganiro hamwe n’ibihugu bihuriye mu muryango w’ubumwe bw’u Burayi, bigamije kurebera hamwe uko intambara muri Ukraine yahagarara.

Ni nyuma y’aho perezida w’Amerika Donald Trump yohereje intumwa ye yihariye, Steve Witkoff hamwe na minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Amerika, Marco Rubio mu biganiro i Paris mu Bufaransa ku munsi w’ejo ku wa kane tariki ya 17/04/2025.

Ibi biganiro babihuriyemo n’abagenzi babo bo mu bihugu by’i Burayi, bikaba bigamije kwigira hamwe umuhate wo kurangiza intambara muri Ukraine.

Aya makuru anavuga ko byanitabiriwe kandi na minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Ukraine aho yari yaherekejwe na minisitiri w’ingabo wo muri icyo gihugu.

Muri ibyo biganiro, abadipolomate b’i Burayi bavuze ko umugabane wabo bazahatira Leta Zunze ubumwe z’Amerika gukomeza kotsa igitutu u Burusiya kugira ngo bwemere agahenge nta yandi mananiza.

Umwe muri abo bategetsi bo mu Burayi yabwiye itangazamakuru ati: “Turashaka ko Amerika ikoresha inkoni mu gucyaha u Burusiya bwemere agahenge.”

Ibikorwa bikomeje byo gushaka kugera ku gahenge birimo kuba mu gihe mu minsi ishize u Burusiya bwagabye igitero cya Misili mu mujyi wa Samy muri Ukraine cyisha abantu n’ibura 35 gikomeretsa abandi 117.

Ni mu gihe kandi mbere muri uku kwezi kwa kane, abantu nibura 18 biciwe mu gitero mu gace gatuwemo ko mu mujyi wa Kryvyi Rih muri Ukraine.

Ku wa gatatu nijoro, abategetsi bo muri Ukraine bavuze ko igitero cy’indege nto y’intambara itajyamo umupilote cyishe abantu batatu, barimo n’umukobwa muto, mu mujyi wa Dnipro muri Ukraine.

Byavuzwe ko intumwa ya perezida wa Amerika na minisitiri w’ubanye n’amahanga w’iki gihugu uwo barikumwe muri urwo ruzinduko, mbere yuko bahura n’abanyaburayi barimo minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bwongereza Lammy namugenzi we w’u Bufaransa n’uw’u Budage barimo kandi n’abajyanama ku by’u mutekano mu muryango w’i Burayi, barabanza babonane na perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Minisiteri y’ubanye n’amahanga ya Leta Zunze ubumwe z’Amerika yatangaje ko uwo mubonano wibanda cyane ku ntambara muri Ukraine.

Mbere yuko Donald Trump yongera gutorwa kuyobora Amerika, mu mwaka wa 2023, yari yatangaje ko mu gihe yoramuka yongeye gutorerwa kuyobora Amerika, ashobora kurangiza intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine mu masaha 24 gusa.

Ubutegetsi bwe bwakoze ku kunoza cyane umubano wabwo n’u Burusiya, mu gihe ubwo butegetsi bushaka kugeza ku gahenge hagati y’u Burusiya na Ukraine.

Mbere, Zelensky wa Ukraine yaburiye ko Ukraine itazemera amasezerano y’amahoro niba itayagizemo uruhare.

Nyamara kandi u Bushinwa hagati ya Trump na Zelensky buri ku kigero cyo hejuru kuva Trump ateranye amagambo na perezida Zelensky, ni mu gihe Trump yamucyahaga kukuba ataratangiye ibiganiro by’imishikirano n’u Burusiya.

Tags: AmerikaU BurayiUkraine
Share29Tweet18Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails
Next Post
Iby’umucancuro wemereye ubutegetsi bw’i Kinshasa kuburindira ibirombe by’amabuye y’agaciro.

Iby'umucancuro wemereye ubutegetsi bw'i Kinshasa kuburindira ibirombe by'amabuye y'agaciro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?