Amerika Yafashe Ubwato bw’u Burusiya, Bitera Impaka Zikomeye ku Rwego Mpuzamahanga
Mu gikorwa cyateje impagarara n’impaka zikomeye mu bihugu bikomeye ku isi, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafashe ku ngufu ubwato butwara amavuta bwari bufite ibirango by’igihugu cy’u Burusiya kandi bufitanye isano n’ubucuruzi bw’amavuta ya Venezuela, mu Nyanja ya Atlantika. Ibi byabaye mu murongo w’ingamba zikomeye za Perezida Donald Trump zigamije kugenzura no kuyobora imigendekere y’ubucuruzi bw’amavuta ku mugabane wa Amerika, ndetse no gushyira igitutu gikomeye ku buyobozi bwa Caracas.
Abategetsi bo muri Washington batangaje ko ubu bwato bwari buzwi ku izina rya Bella 1, ariko bukaza guhindurirwa izina, bwafatiwe mu Nyanja ya Atlantika nyuma yo gukurikiranwa no kugenzurwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri. Muri icyo gikorwa, Ingabo z’Amerika zirinda umutekano wo mu nyanja (U.S. Coast Guard) zakoresheje icyemezo cy’umucamanza w’Amerika mu kubufata, zivuga ko bwarenze ku mategeko y’ibihano Amerika yashyiriyeho ibihugu n’ibigo byishora mu bucuruzi bw’amavuta bunyuranyije n’amabwiriza mpuzamahanga.
Ku rundi ruhande, abayobozi b’ i Moscow bamaganye bikomeye iki gikorwa, bavuga ko kinyuranyije n’amategeko mpuzamahanga agenga ubwisanzure bwo mu nyanja, ndetse bamwe bagifashe nko gushimuta. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya yasabye Amerika kwemeza ko abapilote n’abandi bakozi b’ubwo bwato bafatwa mu buryo bwubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, bagasubizwa mu bwisanzure nta hohoterwa.
Ifatwa ry’ubu bwato rifatwa nk’igice cy’ingamba nshya za politiki ya Washington zigamije gukomeza gushyira igitutu ku miyoborere ya Venezuela. Ibyo byagize ingaruka zikomeye ku mubano wa Amerika na Venezuela ndetse n’u Burusiya, bikongera umwuka mubi wari usanzwe uri hagati y’ibi bihugu.
Ibi byiyongereye ku bindi bikorwa bikomeye byabaye mu mpera zicyumweru gishize, birimo n’ibikorwa bya gisirikare byateje impaka mpuzamahanga, bigaragaza uburyo intambara y’inyungu zishingiye ku mutungo kamere, by’umwihariko amavuta, ikomeje gukaza umurego ku rwego rw’isi.
Abasesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga bavuga ko iki gikorwa gishobora kongera umwuka w’ubushyamirane hagati ya Amerika n’u Burusiya, cyane ko impande zombi zikomeje kwitana bamwana ku ikoreshwa ry’imbaraga mu kugenzura no kwigarurira umutungo w’amavuta ku isi.






