Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Amerika yafatiye ibihano bikakaye urukiko rwa ICC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 7, 2025
in World News
0
Trump yagize icyo avuga ku makimbirane y’u Rwanda na RDC.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika yafatiye ibihano bikakaye urukiko rwa ICC.

You might also like

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yafatiye ibihano urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, agaragaza ko rutemewe n’amategeko.

No kuri manda ye ya mbere, Donald yari yafatiye ibihano uru rukiko. Uyu mukuru w’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ashinja uru rukiko kuba rutujuje amategeko, kandi ko n’ibikorwa byarwo byibasira Amerika n’inshuti yayo yakataraboneka Israel.

Iryo tegeko ririmo ibihano by’ubukungu no kwima visa bamwe mu bakozi ba ICC n’imiryango yabo bafasha ICC mu maperereza ku banyamerika cyangwa inshuti zabo.

Trump yasinye iryo tegeko mu gihe minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu ari mu ruzinduko i Washington.

Mu kwezi kwa Cumi n’umwe ku mwaka w’ 2024, ICC, yasohoye inyandiko zo guta muri yombi Netanyahu akekwaho ibyaha by’intambara muri Gaza, ibyo Israel ihakana. ICC yanasohoye inyandiko nk’izo ku mukuru wa Hamas.

ICC ni urukiko Mpuzamahanga rukorera i La Haye rufite ububasha bwo gukurikirana jenoside, ibyaha byibasira inyokomuntu, n’ibyaba by’intambara.

Ibihumbi 125 byasinye amasezerano ashyiraho urukiko, u Rwanda ntabwo rubirimo, kandi mu 2016 perezida Petero Nkurunziza yavanye u Burundi mu bihugu byemera uru rukiko buba igihugu cya mbere kivanye ku masezerano ya Roma yo mu 1998 arushyiraho.

Abategetsi bamwe ba Afrika banenga uru rukiko ko rusa n’urwashyiriweho ibihugu bya Afrika gusa kuko amaperereza yarwo n’imanza nyinshi zarwo kugeza ubu byibanze ku Banyafrika.

Mu myaka ya vuba, ICC yatanze inyandiko zo guta muri yombi perezida Vladimir Putin ku byaha akekwaho by’intambara muri Ukraine.

U Buholandi, igihugu uru rukiko rukoreramo bwatangaje ko bubabajwe n’icyemezo cya Trump.

Itegeko rya Trump rivuga ko ibikorwa biheruka bya ICC bishyira mu kaga Abanyamerika ribateza kwibasirwa, kugirirwa nabi no gushobora gufungwa.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ntabwo ari umunyamuryango wa ICC kandi kenshi zagiye zanga imyanzuro y’uru rukiko ku bategetsi cyangwa abaturage ba Amerika.

Tags: AmerikaICCTrump
Share37Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Auto Draft

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yarasezeranyije rubanda igihe cy'amatora ko azashyira ahagaragara amadosiye y'abantu bashinjwa ibyaha...

Read moreDetails

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zatangaje ko zigiye kurinda ikirere cya Ukraine, ivuga ko izakirindisha intwaro zikomeye. Byatangajwe na perezida Donald Trump, aho yabwiye itangazamakuru...

Read moreDetails

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria. Israel yakoze ibitero by'indege mu mujyi wa Damascus, umurwa mukuru w'igihugu cya Syria, ahanini byangiza inyubako zikomeye za gisirikare harimo na minisiteri...

Read moreDetails

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w'u Burusiya yamutengushye. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, yatangaje mugenzi we w'u Burusiya, Vladimir Putin, yamutengushye ariko ko ibye na...

Read moreDetails
Next Post
FARDC yongeye kubabaza Abanyamulenge mu Minembwe nyuma y’uko ibiciye undi muntu.

Kubera inkoni z'abungeri, FARDC yarashe imbunda z'imisaada.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?