Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Amerika yagize icyo yizeza ku gukemura amakimbirane y’intambara mu Burasizuba bwa RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
Amerika yagize icyo yizeza ku gukemura amakimbirane y’intambara mu Burasizuba bwa RDC.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika yagize icyo yizeza ku gukemura amakimbirane y’intambara mu Burasizuba bwa RDC.

You might also like

Imirwano ikomeye hagati y’Ingabo za RDC na AFC/M23 nyuma y’isinywa ry’amasezerano.

Muri RDC Wazalendo bishe Umuyobozi.

Rdc iracyakomeje umugambi wo kugaba ibitero ku Banyamulenge.

Massad Boulos, umujanama mukuru wa perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump ku bibazo byo muri Afrika yavuze ko igihugu cye cyiyemeje kugira uruhare mu gukemura amakimbirane y’intambara mu Burasizuba bwa Congo.

Byashyizwe hanze na perezidansi ya RDC, aho yagaragaje ko umujanama mukuru wa Trump ku bibazo byo muri Afrika, Massad Boulos yabagaragarije ko Amerika yifuza kubona RDC igera ku mahoro arambye, kandi ikabigiramo uruhare.

Ni mu gihe uyu munyacyubahiro ari muruzinduko mu karere kuva ku wa kane. Ubwo yaganira n’abategetsi ba Leta y’i Kinshasa, nk’uko perezidansi ibigaragaza.

Yagize ati: “Turifuza amahoro arambye yemeza ubusugire bw’ubutaka bwa Congo, mu gihe dushyiraho ubusugire bw’ubukungu bwa karere butera imbere. Uyu mubano ufite amahirwe menshi, kandi twishimiye umwanya wo kuganira ku nzira igana imbere na bagenzi bacu hano i Kinshasa.”

Amakuru avuga ko uyu mujyanama wa perezida Trump, i Kinshasa yakiriwe na perezida Felix Tshisekedi aho yaraherekejwe n’umunyamabanga wa Leta wungirije ushinzwe ibibazo bya Afrika, na Dan Dunham, umuyobozi w’inama y’umutekano y’igihugu ishinzwe Afrika.

Nyuma yo kumwakira, ibiganiro byabo byibanze ku ntambara iri kubera mu Burasizuba bw’iki gihugu.

Ubundi kandi banaganiriye no ku masezerano yerekeranye n’amabuye y’agaciro hagati ya RDC n’Amerika.

Kuri aya masezerano, Boulos yavuze ko igihugu cyumvikanye na RDC inzira iganisha ku iterambere.

Ati: “Twasuzumye iki cyifuzo, kandi nshimishijwe no kubamenyesha ko njye na perezida twumvikanye ku nzira igana ku iterambere. Ntegerezanyije amatsiko gukorana na perezida Felix Tshisekedi n’itsinda rye kugira ngo habeho umubano mwiza ugirira akamaro Abanye-Congo ndetse n’Abanya-Merika. Dufite intego yo gushimangira ishoramari n’abikorera bo muri Amerika muri RDC, cyane cyane mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kugira ngo tugire uruhare mu iterambere ry’ibihugu byacu.”

Hejuru y’ibyo yashimangiye ko amasosiyete y’Abanyamerika yiteguye gushinga imizi muri RDC mu rwego rwo kuzamura ubukungu bw’akarere.

Nyuma ya Kinshasa, Boulos yerekeje i Kigali mu Rwanda, n’i Nairobi muri Kenya na Uganda, nk’uko bigaragara muri gahunda y’uruzinduko rwe yatangajwe na minisiteri y’ubanye n’amahanga y’Amerika.

Tags: AmerikaIntambaraRdcYizeje
Share36Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Imirwano ikomeye hagati y’Ingabo za RDC na AFC/M23 nyuma y’isinywa ry’amasezerano.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zagaruye Inka zari zanyazwe.

Imirwano ikomeye hagati y'Ingabo za RDC na AFC/M23 nyuma y'isinywa ry'amasezerano. Nyuma y'amasaha make gusa, Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, bishyize umukono...

Read moreDetails

Muri RDC Wazalendo bishe Umuyobozi.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Batatu bashinjwa gutera inkunga ADF bafatiwe ibihano bikakaye.

Muri RDC Wazalendo bishe Umuyobozi. Umuyobozi w'urubyiruko rwo muri teritware ya Walikale mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, yishwe arashwe na barwanyi bo mu ihuriro rya Wazalendo bakorana byahafi...

Read moreDetails

Rdc iracyakomeje umugambi wo kugaba ibitero ku Banyamulenge.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Haratutumba intambara ikomye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

RDC iracyakomeje umugambi wo kugaba ibitero ku Banyamulenge. Repubulika ya demokarasi ya Congo, nyuma y'aho ishyize umukono ku mahame ayiganisha ku masezerano y'amahoro, ikomeje umugambi wo kohereza abasirikare...

Read moreDetails

I Kinshasa byakaze, undi mutegetsi ukomeye yashyizwe mu majywi y’abashaka kwica Tshisekedi.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

I Kinshasa byakaze, undi mutegetsi ukomeye yashyizwe mu majwi y'abashaka kwica Tshisekedi. Vital Kamerhe uyoboye inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yavuzwe mu bantu bashakaga...

Read moreDetails

Avugwa ku ngabo za RDC zigikomeje guhunga, nyuma yo gukubitwa na Twirwaneho mu Rurambo.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Rurambo: Twirwaneho yakubise ahababaza ingabo z’u Burundi n’iza Congo, zikizwa n’amaguru.

Avugwa ku ngabo za RDC zigikomeje guhunga, nyuma yo gukubitwa na Twirwaneho mu Rurambo. Amakuru aturuka mu Rurambo ho mu misozi ya Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo,...

Read moreDetails
Next Post
America has made a commitment to resolving the on going conflicts in the Eastern part of the DRC.

America has made a commitment to resolving the on going conflicts in the Eastern part of the DRC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?