Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amerika yahinduye imvugo ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 16, 2025
in Regional Politics
0
Amerika yahinduye imvugo ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.
154
SHARES
3.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika yahinduye imvugo ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yasabye ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi kujya mu biganiro n’umutwe wa M23, nk’inzira imwe yonyine yatuma Congo igera ku mahoro arambye.

Ni byo Amerika yatangaje ahar’ejo tariki ya 15/01/2025 ubwo yagarukaga kuri raporo y’impuguke z’umuryango w’Abibumbye kuri Congo zasohoye mu mpera z’u mwaka ushize.

Iyo raporo ishinja ingabo z’u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, ikanashinja ingabo za Congo gukomeza ubufatanye n’umutwe witwaje imbunda wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda.

Amerika yagize iti: “Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ziranamagana ibyo raporo igaragaza nk’ubufatanye bwapanzwe hagati y’ingabo za RDC n’umutwe wa FDLR wafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na LONI.”

Yakomeje igira iti: “Turasaba cyane abategetsi ba RDC ko iyi mikoranire ihita ihagarara, kandi twishimiye ko Leta ya Kinshasa yemeye gukorana na MONUSCO mu gushyira mu bikorwa gahunda yo gusenya FDLR hubahirizwa byimazeyo amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu.”

Umuvugizi wa minisiteri y’ubanye n’amahanga y’Amarika, Matthew Miller, yasabye RDC kujya mu mishyikirano na M23 nk’inzira yatuma ibona amahoro.

Amerika kandi yavuze ko nta nzira iganisha ku mahoro ishobora kubaho muri RDC hatabaye ibiganiro hagati ya Leta ya Kinshasa n’imitwe yitwaje intwaro irimo m23.

Amerika yongeye kuvuga ibi mu gihe yari imaze iminsi yotsa igitutu umutwe wa M23 guhagarika intambara ndetse ikanava mu duce twose yafashe.

Hagataho nta kiramenyekana ko Leta ya Kinshasa yemera kuja mu biganiro n’umutwe wa M23.

Usibye ko Amerika yasabye ubutegetsi bwa Kinshasa guca bugufi ubundi bugatangira gushyikirano n’uriya mutwe.

Tags: AmerikaM23Rdc
Share62Tweet39Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Lt Col Willy Ngoma yahaye urwamenyo abavuga ko yapfuye.

Lt Col Willy Ngoma yahaye urwamenyo abavuga ko yapfuye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?