Amerika Yibukije RDC Icyo Igomba Gukora Mbere y’Ikurwaho ry’Ingamba z’Umutekano z’u Rwanda
Abadepite bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bagize ishami rya Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko rishinzwe gukurikirana ibibazo bya Afurika, bongeye kwibutsa ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ko bugomba kubanza gusenya burundu umutwe wa FDLR mbere y’uko u Rwanda rukuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho ku mipaka yarwo.
Ibi byagarutsweho tariki ya 10/02/2026, mu kiganiro cyibanze ku “guteza imbere amahoro n’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari binyuze mu masezerano ya Washington yashyigikiwe n’ubutegetsi bwa Donald Trump.” Icyo kiganiro cyitabiriwe n’abadepite batandukanye baganiriye ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro aherutse gusinywa hagati y’u Rwanda na RDC, agamije kugabanya umwuka mubi n’imirwano imaze igihe mu burasirazuba bwa Congo.
Depite Sara Jacobs yagaragaje ko, nubwo impande zombi zemeranyije ku gusenya umutwe wa FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi, hari amakuru akomeje kuvugwa ko Ingabo za RDC (FARDC) zigikorana n’uyu mutwe.
Yagize ati: “Ku ruhande rw’igisirikare cya RDC, binyuranyije n’amasezerano y’amahoro, kivugwaho gukomeza gukorana na FDLR, umutwe washinzwe n’abayobozi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”
FDLR (Forces Démocratiques de Libération du Rwanda) yashinzwe mu 2000, igizwe ahanini n’abasirikare n’abanyapolitiki bahunze u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. U Rwanda ruyishinja gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside no guhungabanya umutekano warwo binyuze mu bitero byambukiranya imipaka no gufasha indi mitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo.
Jacobs yanagaragaje ko u Rwanda narwo rushinjwa gukomeza gushyigikira umutwe wa M23, rukaba ruheruka kohereza ingabo zigereranywa hagati ya 5,000 na 7,000 zo kuwufasha, by’umwihariko mu mirwano iherutse kubera mu gace ka Uvira. Ibi birego u Rwanda rwagiye rubihakana kenshi, rushimangira ko icyo rushyize imbere ari umutekano warwo no kurinda abaturage barwo ibitero by’imitwe irimo FDLR.
Ku bwe, ibihugu byombi byiyemeje inshingano zikomeye mu masezerano, ariko hakomeje kugaragara icyuho mu ishyirwa mu bikorwa ryazo. Yagize ati: “Byiyemeje ibyo bitigeze bishyira mu bikorwa mu buryo bunoze kandi bwuzuye.”
Umuyobozi w’iri shami rya Komisiyo, Depite Chris Smith, yagaragaje ko amasezerano ya Washington arimo “gahunda y’ibikorwa” igizwe n’ibyiciro bine byumvikanyweho n’impande zombi. Iyo gahunda igamije:
- Guhagarika imirwano burundu,
- Gusenya no gusubiza mu buzima busanzwe imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR,
- Gukuraho ingamba z’ubwirinzi n’imitwe y’ingabo zidasanzwe zashyizwe ku mipaka,
- Gutangiza ibiganiro bya politiki n’ubufatanye bw’akarere mu kubaka amahoro arambye.
Smith yashimangiye ko u Rwanda rwemeye gukuraho ingamba z’ubwirinzi, ariko ko ibyo bigomba kubanza kujyana n’ikorwa rifatika ryo gusenya FDLR. Yagize ati: “Ni ingenzi ku Rwanda kwemera gusubiza inyuma ingabo zarwo, ariko ibyo bigakorwa gusa mu gihe RDC yubahirije gahunda ihuriweho yo gusenya FDLR.”
Yongeyeho ko ingengabitekerezo ya Jenoside ikwirakwizwa n’uyu mutwe ari ikibazo gikomeye ku mutekano w’u Rwanda no ku bice bigenzurwa na M23, bityo hakenewe ingamba zifatika zo gukangurira abarwanyi b’Abanyarwanda bari muri FDLR kurambika intwaro no gusubira mu buzima busanzwe.
Ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa RDC bifite inkomoko mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho abasirikare n’abayobozi bateguye Jenoside bahungiye muri Congo, bakomeje kwiyubaka mu mitwe yitwaje intwaro irimo FDLR. Ibi byakomeje guteza umwuka mubi hagati y’u Rwanda na RDC, buri ruhande rushinja urundi gushyigikira imitwe iruhungabanyiriza umutekano.
Mu myaka ishize, habayeho amasezerano atandukanye agamije kugarura amahoro mu karere, ariko kenshi ishyirwa mu bikorwa rikagenda rihura n’imbogamizi zirimo kutizerana, inyungu za politiki n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukomeje gukurura imitwe yitwaje intwaro.
Abadepite ba Amerika basabye impande zombi kugaragaza ubushake bwa politiki burenze amagambo, bakimakaza ibikorwa bifatika byubahiriza amasezerano. Bashimangiye ko gusenya FDLR no guhagarika ubufasha bwose ku mitwe yitwaje intwaro ari intambwe y’ingenzi iganisha ku mahoro arambye mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Mu gihe ibiganiro bya dipolomasi bikomeje, amaso y’umuryango mpuzamahanga ahanzwe ku ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano, cyane cyane ku ruhare rwa RDC mu gusenya FDLR no ku cyemezo cy’u Rwanda cyo gukuraho ingamba z’umutekano mu gihe ibisabwa bizaba byubahirijwe.






