Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Avugwa i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 24, 2025
in Conflict & Security
0
Uko i Mulenge byifashe n’uduce FDLR n’Ingabo za RDC zagaragayemo.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Avugwa i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo.

You might also like

Amasasu yo gupfusha ubusa y’ingabo za RDC n’iz’u Burundi yateye icyikango mu Rugezi.

AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa.

Amakuru aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko hari uduce twegereye ahatuwe n’Abanyamulenge twongeye kugaragaramo Wazalendo, FDLR, Ingabo za Congo n’iz’u Burundi.

Bikubiye mu butumwa bwanditse twahawe kuri uyu wa kane tariki ya 24/07/2025, aho ubwo butumwa bugira buti: “Umwanzi yongeye kugaragara mu nkengero za centre ya Mikenke na Bijabo.”

Burongera kandi bukagira buti: “Bitugaragariza ko ashaka kongera kutugabaho ibitero muri ibi bice dutuyemo.”

Ku munsi w’ejo ku wa gatatu ahagana isaha z’umugoroba ni bwo bariya bo ku ruhande rwa Leta bagaragaye mu gice kigana mu Rwitsankuku, aho ndetse kandi bongera kugaragara uruhande rwerekeza mu Gipupu mu gitondo cyo kuri uyu wa kane.

Yaba FDLR, FARDC, Ingabo z’u Burundi na Wazalendo, mbere y’uko bakora ibitero ku Banyamulenge, inshuro nyinshi habanza kuba ibimenyetso nk’ibi.

Muri urwo rwego, bikavugwa ko baba bashaka kongera kugaba ibitero.

Ibitero ku Banyamulenge bagabwaho n’aba barwanirira Leta y’i Kinshasa, byaherukaga mu mpera z’ukwezi kwa gatanu uyu mwaka.

Ahanini byagabwe mu duce dutandukanye two mu Rugezi, mu Mikenke no mu nkengero za centre ya Minembwe, nko muri Nyaruhinga, Mukoko n’ahandi.

Nyamara uko byabagabwagaho, Twirwaneho na M23 babisubizaga inyuma.

Nanone kandi har’andi makuru avuga ko mu Kabanju hagenzurwa na Wazalendo, FDLR n’ingabo z’u Burundi, hagize iminsi humvikana urusaku rw’imbunda rwinshi.

Bikavugwa ko urwo rusaku ko rwaba ruva ku gusubiranamo k’uru ruhande rwa Leta ya Congo.

Usibye ko mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatanu uyu mwaka, basubiranyemo bikomeye, ndetse abenshi muri bo bahasiga ubuzima barimo n’abakomanda babo batatu.

Kimweho, ntibizwi ko iryo rasagura ko ryaba ariryo subiranamo rigikomeje, cyangwa ko byaba biva ku kindi kintu.

Hagataho, ibindi bice bigenzurwa na Twirwaneho na M23 biracyatekanye, nka Minembwe na Rugezi.

Tags: MulengeUmwanzi
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Amasasu yo gupfusha ubusa y’ingabo za RDC n’iz’u Burundi yateye icyikango mu Rugezi.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Amasasu yo gupfusha ubusa y’ingabo za RDC n’iz’u Burundi yateye icyikango mu Rugezi.

Amasasu yo gupfusha ubusa y'ingabo za RDC n'iz'u Burundi yateye icyikango mu Rugezi. Amakuru aturuka mu Rugezi mu majy'Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe, avuga ko ihuriro...

Read moreDetails

AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n'ihuriro ry'ingabo za RDC. Ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, zazindutse zigaba ibitero mu bice bigenzurwa na AFC/M23 muri teritware ya...

Read moreDetails

RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa.

RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa. Repubulika ya demokarasi ya Congo, igiye gutangira kuburanisha Joseph Kabila wahoze ari perezida w'iki gihugu. Byatangajwe n'urukiko rwa gisirikare kuri uyu wa gatanu...

Read moreDetails

FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR bazindutse bagaba ibitero mu Banyamulenge.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR bazindutse bagaba ibitero mu Banyamulenge.

FARDC, Ingabo z'u Burundi na FDLR bazindutse bagaba ibitero mu Banyamulenge. Ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye ibitero mu duce dutuwe n'Abanyamulenge mu Minembwe muri...

Read moreDetails

Guverineri wari warabuze muri RDC yongeye kugaragara.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Guverineri wari warabuze muri RDC yongeye kugaragara.

Guverineri wari warabuze muri RDC yongeye kugaragara. Jaques Kyabula, guverineri w'intara ya Haut-Katanga wari warabuze, yongeye kugaragara muri iyi ntara abereye umuyobozi. Ku wa gatatu w'iki cyumweru turimo,...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?