Avugwa i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko hari uduce twegereye ahatuwe n’Abanyamulenge twongeye kugaragaramo Wazalendo, FDLR, Ingabo za Congo n’iz’u Burundi.
Bikubiye mu butumwa bwanditse twahawe kuri uyu wa kane tariki ya 24/07/2025, aho ubwo butumwa bugira buti: “Umwanzi yongeye kugaragara mu nkengero za centre ya Mikenke na Bijabo.”
Burongera kandi bukagira buti: “Bitugaragariza ko ashaka kongera kutugabaho ibitero muri ibi bice dutuyemo.”
Ku munsi w’ejo ku wa gatatu ahagana isaha z’umugoroba ni bwo bariya bo ku ruhande rwa Leta bagaragaye mu gice kigana mu Rwitsankuku, aho ndetse kandi bongera kugaragara uruhande rwerekeza mu Gipupu mu gitondo cyo kuri uyu wa kane.
Yaba FDLR, FARDC, Ingabo z’u Burundi na Wazalendo, mbere y’uko bakora ibitero ku Banyamulenge, inshuro nyinshi habanza kuba ibimenyetso nk’ibi.
Muri urwo rwego, bikavugwa ko baba bashaka kongera kugaba ibitero.
Ibitero ku Banyamulenge bagabwaho n’aba barwanirira Leta y’i Kinshasa, byaherukaga mu mpera z’ukwezi kwa gatanu uyu mwaka.
Ahanini byagabwe mu duce dutandukanye two mu Rugezi, mu Mikenke no mu nkengero za centre ya Minembwe, nko muri Nyaruhinga, Mukoko n’ahandi.
Nyamara uko byabagabwagaho, Twirwaneho na M23 babisubizaga inyuma.
Nanone kandi har’andi makuru avuga ko mu Kabanju hagenzurwa na Wazalendo, FDLR n’ingabo z’u Burundi, hagize iminsi humvikana urusaku rw’imbunda rwinshi.
Bikavugwa ko urwo rusaku ko rwaba ruva ku gusubiranamo k’uru ruhande rwa Leta ya Congo.
Usibye ko mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatanu uyu mwaka, basubiranyemo bikomeye, ndetse abenshi muri bo bahasiga ubuzima barimo n’abakomanda babo batatu.
Kimweho, ntibizwi ko iryo rasagura ko ryaba ariryo subiranamo rigikomeje, cyangwa ko byaba biva ku kindi kintu.
Hagataho, ibindi bice bigenzurwa na Twirwaneho na M23 biracyatekanye, nka Minembwe na Rugezi.