
Mugihe cyo mu masaha ya sasita(12h) zo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 28/10/2923, mu Mujyi wa Uvira, hunvikanye urufaya rw’amasasu, akaba yavuze mugihe kitari kirekire nk’uko Minembwe Capital News, yabwiwe.
Byavuzweko ay’amasasu yarashwe na Mai Mai zo m’ubwoko bw’Abapfulero, nimugihe ngo bashaka kuburizamo ibikorwa Minisitiri w’ibikorwa remezo Alexis Gisaro, ari gukorera k’ubutaka bwa teritware ya Uvira, aho ari kuva kuri uyu wa Gatatu, tariki 25/10/2023, akaba yaraje ava i Kinshasa, kumurwa Mukuru w’igihugu ca Republika ya Demokarasi ya Congo.
Aharejo, tariki 27/10/2023, minisitire Alexis Gisaro, yiriwe hafi n’umupaka uhuza Congo n’u Burundi, akaba yariyagiye kuhafungura kumugaragaro ibikorwa by’ubwubatsi, bw’Amazu, azoza akoreshwa n’abacuruzi bakorera k’umupaka ndetse agafasha n’inzego z’igihugu zikorera k’umupaka uhuza RDC n’u Burundi.
Uyumunsi nibwo yarimo ashaka gushira kumugaragaro ibikorwa byo kubaka u Muhanda kuva kuri uwo mupaka wa Congo n’u Burundi, ukageza ku kivuko cya Tanganyika aho bita Karundu, arinabwo ziriya Mai Mai hamwe n’insoresore z’Abapfulero, zahise zimanuka ziva mu Misozi ya Kavimvira, kuburizamo ibyo bikorwa by’iterambere bya Minisitiri Alexis Gisaro.
Isoko yacu dukesha ay’amakuru, avuga ko ubwo Mai Mai zagerageje kurasa n’ibwo ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), zahise zirasa Mai Mai ntakubabarira maze Mai Mai zikizwa n’Amaguru zihungira ahitwa Maï ya Moto, mu misozi miremire ya Kavimvira. Aba ba Mai Mai ngo bagabye iki gitero barimo kuririmba n’indirimbo ivuga ngo “Leo ndo Leo, tutafukuza wanyarwanda wanao jiita wanyamulenge.” Ay’amakuru akomeza avugako hafashwe na Mai Mai ba biri mubari bateje umutekano muke.
Nyuma n’ibwo haje kuba kwakira Minisitiri Alexis Muvunyi, aho bamwakiririye kuri Monument, ha herereye mu Mujyi wa Uvira aho u Muhanda wa Kimanga no kw’izone ya Uvira bihurira. Umwe mu babaye muri iryo teraniro yavuze ko abantu bari bakubise buzuye. Minisitiri Alexis Gisaro, yasoje yerekeza gusura imva yase(Umubyeyi we) wapfuye hagati mu myaka ya 1988 na 1990, Gisaro Muhoza.
Alexis Gisaro, akaba ari no mu muteguro wo kw’iyamamariza k’umwanya w’ubudepite k’urwego rw’i Gihugu .
By Bruce Bahanda.