Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 29, 2025
in Religion
0
Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

You might also like

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Umwe mu bahanuzi bakomeye ku Ndondo ya Bijombo muri Kivu y’Amajyepfo, yabwiye Abanye-Ndondo ubuhanuzi budasanzwe bubateye ubwoba.

Mu cyumweru gishize ni bwo aba banye-ndondo babwiwe ko bagiye kwinjira mu mwijima.

Ni umwijima ubuhanuzi buvuga ko uzaba ku batuye ku wu Mugethi no kw’i Rango n’ahandi hafi aho.

Ubu buhanuzi uko bwatanzwe, uwabutanze yagize ati: “Musenge cyane, ku wu Mugethi no kw’i Rango hagiye kuba umwijima ni ko Imana ibivuga. Ni musenga cyane hazaba impinduka, kuko nta kinaniye Imana.”

Utu duce twahanuriwe ibiteye ubwoba duherereye muri grupema ya Bijombo, teritware ya Uvira.
Tukaba tugenzurwa n’ingabo z’u Burundi n’iza FARDC.

Ndetse ikambi imwe y’izi ngabo z’u Burundi n’iya FARDC ishyinze muri imwe mu mihana yahanuriwe kuberamo ibiteye ubwoba, uwo ku wu Mugethi, mu gihe izindi na zo zabo zishyinze mu tundi duce dutandukanye two muri ibyo bice, hari nkiri mu Gahuna, Bijombo centre n’ahandi.

Nubwo uyu muhanuzi abatuye ku Ndondo ya Bijombo banze ko amazina ye atangazwa ku mpamvu z’umutekano we, yasobanuye ko umwijima ari intambara igiye kuba kandi ko izasiga amapfa menshi muri utwo duce.

Icyobikoze nyuma y’uko ubwo buhanuzi butanzwe, hari Umugabo w’Umunyamulenge watezwe n’Abapfulero baramurasa akomereka ku kuboko. Yarashwe ubwo yari avuye mu isoko iheruka gufungura mu Gatanga nyuma y’uko iyaremeraga mu Mitamba ipfuye kubera ingabo za FARDC zayirasiyemo abaturage bamwe bakayigwamo.

Ibi byaje kuzana umwuka mubi hagati y’abaturage ba Banyamulenge n’Ingabo za Leta zigenzura ibyo bice zitakurikiranye icyo kibazo. Bamwe bashaka gukeka ko byaba ari wo mwijima wavuzwe mu buhanuzi, kuko uwo mugabo wa komerekejwe ari uwo ku wu Mugethi.

Nyamara ku rundi ruhande bivugwa ko uwo mwuka mubi wavutse hagati y’impande zombi ari wo ushobora kuzabyara umwijima uvugwa mu buhanuzi.

Tags: MugethiUbuhanuziUbwoba
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa? Kuri ubu benshi bibaza kuri iki kibazo, aho kuri ubu aho kugira ngo insengero zibe...

Read moreDetails

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Kera kabaye, i Kinshasa bafunze abasirikare bayo ba ba-jenerali benshi.

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe. Umwe mu bahanuzi baherereye muri teritware ya Walungu muri Kivu y'Amajyepfo, yavuze ko ingabo za Congo n'iz'u Burundi zizakubitwa nabi...

Read moreDetails

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Kofi akoze amateka mu gucuranga injyana y'igisirimba. Kofi uwo bamwe bakunze kwita Joshua, umucuranzi uri mubakunzwe cyane muri iki gihe mu matorero y'Abanyamulenge yo muri Uganda no ku...

Read moreDetails

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

by Bruce Bahanda
May 25, 2025
0
Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika. Umushumba w'itorero rya All National Assembly of God, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ko igiterane cya Pentecost icyo...

Read moreDetails

Umukozi w’Imana yanenze icyo Ababiligi bakoze i Mulenge.

by Bruce Bahanda
May 24, 2025
0
Umukozi w’Imana yanenze icyo Ababiligi bakoze i Mulenge.

Umukozi w'Imana yanenze icyo Ababiligi bakoze i Mulenge. Umukozi w'Imana Reverend Ndamahizi Matayo, mu nyigisho yigishije mu giterane kiri kubera ku itorero rya Shilon muri Uganda, yavuze ko...

Read moreDetails
Next Post
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?