Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 29, 2025
in Religion
0
Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.
86
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

You might also like

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Umwe mu bahanuzi bakomeye ku Ndondo ya Bijombo muri Kivu y’Amajyepfo, yabwiye Abanye-Ndondo ubuhanuzi budasanzwe bubateye ubwoba.

Mu cyumweru gishize ni bwo aba banye-ndondo babwiwe ko bagiye kwinjira mu mwijima.

Ni umwijima ubuhanuzi buvuga ko uzaba ku batuye ku wu Mugethi no kw’i Rango n’ahandi hafi aho.

Ubu buhanuzi uko bwatanzwe, uwabutanze yagize ati: “Musenge cyane, ku wu Mugethi no kw’i Rango hagiye kuba umwijima ni ko Imana ibivuga. Ni musenga cyane hazaba impinduka, kuko nta kinaniye Imana.”

Utu duce twahanuriwe ibiteye ubwoba duherereye muri grupema ya Bijombo, teritware ya Uvira.
Tukaba tugenzurwa n’ingabo z’u Burundi n’iza FARDC.

Ndetse ikambi imwe y’izi ngabo z’u Burundi n’iya FARDC ishyinze muri imwe mu mihana yahanuriwe kuberamo ibiteye ubwoba, uwo ku wu Mugethi, mu gihe izindi na zo zabo zishyinze mu tundi duce dutandukanye two muri ibyo bice, hari nkiri mu Gahuna, Bijombo centre n’ahandi.

Nubwo uyu muhanuzi abatuye ku Ndondo ya Bijombo banze ko amazina ye atangazwa ku mpamvu z’umutekano we, yasobanuye ko umwijima ari intambara igiye kuba kandi ko izasiga amapfa menshi muri utwo duce.

Icyobikoze nyuma y’uko ubwo buhanuzi butanzwe, hari Umugabo w’Umunyamulenge watezwe n’Abapfulero baramurasa akomereka ku kuboko. Yarashwe ubwo yari avuye mu isoko iheruka gufungura mu Gatanga nyuma y’uko iyaremeraga mu Mitamba ipfuye kubera ingabo za FARDC zayirasiyemo abaturage bamwe bakayigwamo.

Ibi byaje kuzana umwuka mubi hagati y’abaturage ba Banyamulenge n’Ingabo za Leta zigenzura ibyo bice zitakurikiranye icyo kibazo. Bamwe bashaka gukeka ko byaba ari wo mwijima wavuzwe mu buhanuzi, kuko uwo mugabo wa komerekejwe ari uwo ku wu Mugethi.

Nyamara ku rundi ruhande bivugwa ko uwo mwuka mubi wavutse hagati y’impande zombi ari wo ushobora kuzabyara umwijima uvugwa mu buhanuzi.

Tags: MugethiUbuhanuziUbwoba
Share34Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n'uruva gusenya. Sergei Torop wiyitaga Yesu w'isiberiya yakatiwe gufungwa imyaka 12 hamwe n'ibyegera bye, kubera ko yashyize mu kaga ubuzima n'imitingo bya bamwe...

Read moreDetails

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0
Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye inama urubyiruko rwishora mu businzi, arubwira ko ahubwo rukwiye gukora rukiteza imbere ngo kuko...

Read moreDetails

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

by Bruce Bahanda
June 29, 2025
0
Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya. Mu Rugezi ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 bihagenzura, byatashye urusengero rwabo rushya, nk'uko...

Read moreDetails

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa. Charles Munyaburanga uri mu Banyamulenge bakora ivugabutumwa hirya no hino ku isi, yahawe iyerekwa ridasanzwe ubwo yari mu masengesho asengera igihugu cye cya...

Read moreDetails

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, ivuga no kuri Twirwaneho na M23. Ubuhanuzi bukomeye kuri Twirwaneho na M23 bwatanzwe n'Umuhanuzi w'Imana uri mu...

Read moreDetails
Next Post
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?