
Umutwe w’inyeshamba wa Mai Mai Nyatura ukorana byahafi na leta ya Kinshasa, irijoro ryakeye bishe abantu bagera kwicyenda(9) bo muri Bishusha ho muri Teritware ya Masisi.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 04.05.2023. Saa 6:45 am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Mwirijoro ryakeye ryokwitariki 03.05.2023, abaturage icyenda (9), bo mubwoko bwa b’Atutsi bishwe ninyeshamba zizwiho gukorana ningabo za leta ya Kinshasa, Mai Mai Nyatura.
Aba Baturage bakaba biciwe mugace ka Bishusha ho muri Teritware ya Masisi. Mumakuru twizeye MCN, twahawe numwe mubaturage baturiye aka gace nuko mubakoze ayamabi hamaze gufatwa bane(4), aho bivugwa ko bafashwe ningabo za M23 .
Uwatanze ayamakuru yabwiye MCN ati: “Nyatura yaraye yishe Abatutsi hano mugace ka Bishusha, abapfuye nicenda naho abakomeretse bajanwe mubitaro barimo baravugwa. Gusa byadushimishije kuko abakoze ayo mabi nabo bamwe muribo bamaze gufatwa.”
Umutwe wa Nyatura ahanini ugizwe ninsoresore sore zabo mubwoko bwa Babutu , gusa uyumutwe witwara gisirikare uzwiho gukorana byahafi ningabo za Republika ya democrasi ya Congo (FARDC). Kuva intambara yubura ihanganishije ingabo za M23 nihuriro ryingabo za leta ya Kinshasa, muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo, Nyatura yahise yiyunga ningabo za FARDC.
Bamwe mubayobozi bagize umutwe wa Nyatura havugwa abitwa Col Mugabo wavuzweho gufungwa nigisirikare ca Congo Kinshasa.




