
Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), cyagabweho ibitero bikomeye, abasirikare bacyo bahasiga ubuzima, abandi barahunga.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 18.05.2023, saa 11:45 am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru yamaze kumenyekana nuko umutwe w’inyeshamba wa Mai Mai wakozanyijeho n’igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) ibintu bisanzwe bitamenyerewe kuko uyu mutwe wari usanzwe ukorana bya hafi n’izi ngabo za Leta.
Iyintambara yabaye muriki gitondo canone cyo kw’itariki 17.05.2023, aho byaje kwemezwa ko muriyi mirwano haguyemo abasirikare bane( 4), bo ku mpande zombi, babiri ku ruhande rwa Leta na babiri ku ruhande rwa Mai Mai.
Ni igitero cyagabwe ku birindiro by’ingabo za Leta bibarizwa muri teritwari ya Beni, intara yomuri Kivu y’Amajyaruguru.
Amakuru yatanzwe nurubuga rwa Radio Okapi, avuga ko uretse aba bane bahasize ubuzima, iki gitero cyangije imitungo y’abaturage nyuma y’uko harashwemo ibibunda biremereye.
Nkuko bigaragara umuyobozi w’ingabo za FARDC zigenzura Butembo na Kyondo, Lt Col Ngoy Kasese Yvon, uvuga ko iyi mirwano yamaganiwe kure kuko ngo ikoma mu nkokora ibikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF.
Naho Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rwa gisivili, Carly Nzanzu Kasivita, abinyujije ku rukuta rwa Twitter , yemeje aya makuru y’igitero cyagabwe, anihanganisha abo cyagizeho ingaruka. Ati: “Twamaganye igitero cyagabwe n’urubyiruko rwitwaje intwaro cyagabwe mu duce twa Kyondo muri Béni. Urubyiruko rugomba kumva ko imbaraga zose z’abakunda igihugu ubu ziri guhangana n’abanzi bacu ba ADF.”
Gusa ico babapfuye kugira habe guhangana ntikirabasha kumenyekana, ariko haramakuru avuga ko boba bapfuye kudahemba Mai Mai nkuko byagakwiye.




