• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Bidasanzwe Umzalendo witwaje imbunda yagiye kwiba mu Rwanda.

minebwenews by minebwenews
September 5, 2024
in World News
0
Bidasanzwe Umzalendo witwaje imbunda yagiye kwiba mu Rwanda.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bidasanzwe Umzalendo witwaje imbunda yagiye kwiba mu Rwanda.

You might also like

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Ni amakuru yatangajwe n’igitangaza makuru cya Bwiza Com, aho cyatangaje ko Umzalendo witwaje imbunda yagiye kwiba i Rubavu mu gihugu cy’u Rwanda.

Wazalendo ni abarwanyi Leta ya Kinshasa yifashisha mu rwego rwo kugira ngo bayifashe ku rwanya umutwe wa M23 ugize igihe warazengereje ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi Tshilombo.

Aya makuru avuga ko ahagana isaha ya saa saba z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane tariki ya 05/09/2024, Mzalendo yinjiye mu mudugudu wa Kageyo, akagari ka Rusura ho mu murenge wa Busesamana.

Nyuma yo kwinjira muri ako gace, aho yaje aturutse mu kibaya cya RDC aza aje kwiba inka y’umuturage witwa Mfitumukiza Janvier.

Akomeza avuga ko Mzalendo, akimara gutunguka ku irembo ry’inka yarashe amasasu abiri mu kirere ariko aza kwiruka ahunga, ndetse ngo aho yahataye icyuma ahunga agana mu kibaya cya RDC yari yaturutsemo.

Iki gitangaza makuru cyanavuze ko inzego zishinzwe umutekano muri ako gace zavuze ko ziri kubikurikirana.

Gusa, umurenge wa Busesamana n’indi yo muri Rubavu ihana umupaka na Repubulika ya demokarasi ya Congo ikunze kwibasirwa n’ibikorwa bihungabanya umutekano bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro iba mu Burasirazuba bwa RDC irimo na FDLR.

Byavuzwe ko mu kwezi kwa Gatandatu uyu mwaka abitwaje imbunda bateye umwe mu baturage b’uyu murenge , bamwiba ihene ndetse banasiga bamuteye ibyuma.

Ndetse kandi ngo no mu ntangiriro z’uyu mwaka hibwe inka zibarirwa 24 na zo zibwe n’abitwaje imbunda bajya kuzirira muri RDC.

             MCN.
Tags: KwibaMzalendo
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas Ingabo za Israel zakoze igitero gikomeye cyumvikanyemo iturika ridasanzwe, aho zakigabye i Doha muri Qatar ahari intumwa z'umutwe...

Read moreDetails

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n'abarwanyi bo mu...

Read moreDetails

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails
Next Post
RDC: Hatangajwe igishobora gutuma gereza ya Makala ifungwa.

RDC: Hatangajwe igishobora gutuma gereza ya Makala ifungwa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?