• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, January 13, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

minebwenews by minebwenews
June 25, 2025
in sport & entertainment
0
Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.
90
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

You might also like

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

Nyuma y’aho Isi ikomeje kugarizwa n’ubushyamirane bwa politiki n’intambara hirya no hino z’urudaca, benshi batekereza ku ngruka zishobora guterwa n’intambara ya gatatu y’isi, iyo babona ko ishobora gusenya isi ku buryo butigeze bubaho n’ikindi gihe.

Ibi biterwa n’uko ibihugu biri mu bikomeye bikomeza kugirana amakimbirane ashingiye ku nyungu z’ubukungu, intwaro kirimbuzi, n’ubusumbane mu miyoborere mpuzamahanga.

Mu gihe haba habaye intambara y’isi ya 3 hari ibihugu bishobora kutagerwaho cyangwa bikagerwaho gake cyane n’ingaruka zayo bitewe n’impamvu zitandukanye nk’ubutaka bwabyo, politiki, ubukungu n’uburyo bw’imibanire mpuzamahanga.

Ibyo bihugu bifite amahirwe yo kutagerwaho n’iyo ntambara:

Ubusuwisi. Iki gihugu ni kimwe mu bihugu bizwi cyane ku isi mu kugira politiki y’ubusugire . Ibi byatumye butabamo intambara kuva mu kinyejana cya 19, ndetse ntibwegeze bunyeganyezwa cyane n’intambara y’isi ya mbere cyangwa iya kabiri. Ubusuwisi ntibwitabira ibikorwa bya gisirikare byo mu mamahanga, kandi bufite imyiteguro ihambaye y’igisirikare cyo kwirwanaho imbere mu gihugu. Iki gihugu gifite uburyo gishobora guhungisha abaturage benshi mu butaka, ndetse buri muturage agira uruhare mu kwirwanaho. Kubera iyo politiki y’ukwigenga n’ubusugire, n’igihugu gifatwa nka hantu hizewe igihe intambara yaba itangiye ku Isi.

New Zealand: Ni igihugu cyo mu nyanja ya Pacifique y’Amajyepfo gituwe n’abantu bake kandi giherereye kure cyane ugereranyije n’ibindi bihugu bikomeye ku gisirikare. Kiziwiho kuba kigira politiki yo kudashotorana no kudashishikazwa n’intambara mpuzamahanga. Nta bikoresho byagisirikare byinshi cyibitseho, kandi nta bushotoranyi bugikorerwaho kuko nta nyungu zihariye giha ibihugu bikomeye. Kandi kubera ahantu giherereye, biragoye ko cyaja mu bibazo by’intambara.

Iceland: Iki gihugu kiri mu nyanja ya Atalantika y’Amajyaruguru. Gifite umutekano mwinshi, gifite abaturage bake kandi ntikigira abasirikare. Nticyitabira ibikorwa by’intambara. Ubundi kandi ntikiba hafi n’ibihugu bifite ubushamirane bukabije, ndetse kandi ntikigira ubushobozi buhambaye. Ahantu kiba hafatwa nk’ahantu hizewe mu gihe intambara y’isi yaba ibaye.

Bhutan: Bhutan ni igihugu gito kiri mu misozi miremire hagati y’u Bushinwa n’u Buhinde. Nubwo gituranye n’ibihugu bifite ibibazo bya politiki Bhutan yo ifite politiki yihariye y’ubusugire no kudakora kunyungu za gisirikare. Ni igihugu gishyira imbere amahoro n’umuco, kandi kigira n’igisirikare gito kigamije gusa kwirwanaho imbere mu gihugu. Bhutan ntigira uruhare mu ntambara mpuzamahanga, irangwa no kutivanga mu makimbirane menshi yo kutagerwaho n’ingaruka z’intambara y’isi ya gatatu.

Costa Rica: Ni igihugu cyo muri Amerika yo hagati, kikaba kizwi ku rwego rw’isi nk’igihugu cyakuyeho igisirikare mu 1948. Iki gihugu gifite amategeko abuza kugira igisirikare, ahubwo gishyira imbaraga mu burezi, ubuzima n’amahoro. Kuba kidafite igisirikare kandi ntigikore ibikorwa bya gisirikare hanze y’igihugu, bituma kidakunze kuba mu bihugu byashyirwa ku rutonde rw’abatavuga rumwe n’ibihugu bikomeye. Ni igihugu cy’ituze kandi gikunze kuberamo ibiganiro mpuzamahanga bigamije kunga ibihugu.

Finland: Finland ni igihugu cyegeranye cyane n’u Burusiya, ariko kigira amateka y’ihariye kandi atarigezwe arangwa no kudashotorana. Nubwo kibarizwa muri NATO, ariko ntikigira ubushotoranyi.

Ihorana amahame yo kwirinda, harimo kandi ko ihorana imyitozo yo kwihisha no kwirwanaho, ariko ntishishikazwa no kugaba ibitero ku bindi bihugu, politiki yayo y’ubushishozi n’ubusugire butavugwaho cyane ku rwego mpuzamahanga bituma ifatwa nk’igihugu kitihutirwa kwibasirwa mu ntambara nini y’isi.

Sweden: Ni igihugu cy’i Buruyi gifite amateka maremare yo kutivanga mu ntambara. Nticyagize n’uruhare na rumwe mu ntambara ya mbere cyangwa iya kabiri, kandi gifite politiki ihamye yo kutivanga mu bibazo bya gisirikare by’amahanga. Nubwo gifite igisirikare gito, cyubakiye kukwirwanaho. Dipolomasi ya Sweden irangwa no kunga no gushyigikira amahoro. Nubwo iherutse kugaragaza ubushake bwo kwinjira muri NATO, ariko ntikunze kuba mu mutima w’aho ibibazo bikomeye by’isi bitangirira, bityo kikaba kigifite amahirwe yo kutagerwaho n’ingaruka mu gihe cy’intambara ya gatatu y’isi.

Mongolia: Mongolia ni igihugu kiri hagati y’ibihugu by’ibihangange bibiri ku Isi, u Bushinwa n’u Burusiya. Ariko nubwo kiri hagati y’ibi bihugu bifite ibibazo bya politiki mpuzamahanga, Mongolia irangwa no kutivanga mu bibazo by’amahanga ndetse igashaka umubano mwiza n’impande zombi. Nta gisirikare kinini igira, kandi nta bikoresho bikomeye by’intambara itunze. Irangwa n’ituze ndetse n’ubusugire mu miyoborere yayo. Nta nubwo iribasirwa n’ibitero bikomeye, bigaragaza ko ishobora kuba igihugu cyakwinjira mu ntambara y’isi.

Bimwe mu bihugu bishobora kwinjira mu ntambara ya gatatu y’isi:

Ni bizwiho kuba byibitseho ubutaka bufite peteroli, ibifite intwaro kirimbuzi, ibifite gaz, uranium, Cobalt. Kuko ibyo bihugu bishobora guterwa cyangwa bigatera.

Ibyo bihugu ni Iran, u Burusiya, Saudi Arabia, North Koreya, Iraq, Venezuela, Niger, RDC kuko ifite Cobalt na Uranium, ibyo byifuzwa cyane mu gukora intwaro n’ikorana buhanga, bityo bikayigira icyifuzo cy’ibihugu bikomeye mu ntambara.

Tags: Ibihugu bitoyinjiramoIntambaraYa gatatu y'isi
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

by Bahanda Bruce
January 7, 2026
0
Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira Mu Gikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc, hagaragaye umufana w’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

by Bahanda Bruce
December 27, 2025
0
Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi Tangawizi ni ikirungo gikunze kuboneka mu ngo nyinshi hirya no hino ku isi, cyane cyane mu bihugu byo mu karere kacu nko...

Read moreDetails

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

by Bahanda Bruce
December 25, 2025
0
Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho Mu ijoro rya Noheli, tariki ya 25/12/2025, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi,...

Read moreDetails

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

by Bahanda Bruce
December 18, 2025
0
Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4

Mu rugendo Rutangaje rw’Umuhanzi Israel Mbonyi Ugeze Kure, Akaba Ategerejwe mu Icyambu Season 4 Umuhanzi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Israel Mbonyi, akomeje kwandika amateka adasanzwe mu muziki wo...

Read moreDetails

RDC mu Kaga, Ibyiringiro byo Kugera mu Gikombe cy’Isi biri mu Rujijo

by Bahanda Bruce
December 17, 2025
0
RDC mu Kaga, Ibyiringiro byo Kugera mu Gikombe cy’Isi biri mu Rujijo

RDC mu Kaga, Ibyiringiro byo Kugera mu Gikombe cy’Isi biri mu Rujijo Inkuru ivugwa mu ruhando rw’umupira w’amaguru ku Isi irerekana ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DR-Congo)...

Read moreDetails
Next Post
Uwashinjwaga kuba ishyano ku Banya-Bibogobogo ntakiriho.

Fizi: Andi avugwa mu Bibobogobogo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?