
Gen Alain Guillaume Bunyoni, muminsi ibarigwa kuntoki bivugwa ko yahunze i gihugu cye yatawe muri yombi.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 21.04.2023, saa 7:23 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru Minembwe Capital News, dukesha Ibinyamakuru byandikirwa m’Uburundi avuga ko Gen Alain Guillaume Bunyoni, wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu ko yatawe muri yombi, gusa kugeza ubu agace ka Bujumbura yaba yafatiwemo ntikarabasha kumenyekana.
Gen Alain Guillaume Bunyoni, inzego zishinzwe umutekano ziheruka gusaka iwe murugo kubwitegeko zahawe numushikirizamanza mukuru wico gihugu, mugusaka bivugwa ko babuze ico barondera kwa Gen Guillaume Bunyoni. Bikavugwa ko barondera amahera yumurengera avugwa ko yarabitse iwe.
Igihe bagera ga iwe murugo uyumugabo baramubuze hakomeza guhwihwiswa amakuru ko yoba yarahunze igihugu akaja muri Tanzania.
Umwaka uheze Président w’Uburundi bwana Evalist Ndayishimiye, yirukanye Alain-Guillaume Bunyoni wari umaze imyaka ibiri ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, amushinja kuba afite umugambi wo gushaka kumuhirika ku butegetsi.
Evalist Ndayishimiye, ubwo yari mu mujyi wa Gitega mu muhango wo gutangiza umwaka w’ubucamanza, ahagana mumpera zumwaka wa 2022, yavuze ko hari ibihangange mu Burundi bigambiriye kumuhirika ku butegetsi, bituma abenshi bakeka ko ari Bunyoni yavugaga.
Icyo gihe yavuze ko hari bamwe mu bo bafatanya kuyobora u Burundi biyita ibihangange bafite gahunda yo kumuhirika ku butegetsi, gusa abasaba gushyira hasi kuko agahuru k’imbwa kamaze gushya.
Yagize ati: “Mu bamfasha ndagira ngo iyo ushaka amahoro ntabwo ukina n’igihugu. Igihugu ugitera akageri cyo kikagutera umugeri. Ndagira ngo mbwire abantu biyita ibihangange, chira hasi. chira hasi agahuru k’imbwa kahiye.”
Bwana Evalist Ndayishimiye, yagereranyije Bunyoni n’uwitwa Maconco wari icyegera cy’umwami Mwezi w’u Burundi utaranyuzwe no kuba yari yaramushyingiye ndetse akanamuha intara yo gutwara bikarangira ashatse kumuhirika, undi na we akamuteza ingabo ze zaje kumwivugana.
Yasabye ’ba Maconco’ gusubiza inkota zabo mu rwubati, ngo kuko nibiba ngombwa ko arwana na bo azabikora kandi akabatsinda.
Ati: “Ba Maconco nibasubize inkota mu rwubati, kuko bazapfa batahageze ku butegetsi. None umujenerali hari uwamuca mu rihumye akamukorera coup d’état yemwe? Uwo muntu ni nde? Naze ntacyo duhangane, ku izina ry’Imana nzamunesha.”
Yunzemo ati: “Abo rero baza bibikisha bavuga utugambo, ubabwire uti Neva amaze guhura n’ibikomeye byinshi utwo ni ubusa imbere ye.





Aho nisw
Kbx