Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Boris Johnson yahishyuye ko iwe na perezida Museveni bigeze gupfa Vladimir Putin.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 4, 2024
in Regional Politics
0
Boris Johnson yahishyuye ko iwe na perezida Museveni bigeze gupfa Vladimir Putin.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Boris Johnson yahishyuye ko iwe na perezida Museveni bigeze gupfa Vladimir Putin.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Boris Johnson wigeze kuba minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, yamenye ibanga avuga uburyo yananiwe kumvikana na perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni, ku ngingo yo kwa magana u Burusiya ubwo bari mu nama ya commonwealth i Kigali mu Rwanda.

Boris Johnson na perezida Yoweli Kaguta Museveni ni bamwe mu bakuru b’ibihugu na za Guverinoma basaga 40, bitabiriye inama ya Commonwealth izwi nka CHOGM yabereye i Kigali mu mwaka w’ 2022.

Iyo nama ya 26 y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zigize Commonwealth yabereye mu Rwanda, yari ifite insanganyamatsiko igira iti: “Twese hamwe duharanire ejo heza: Twihuze duhange udushya, tuzane impinduka.”

Mu gitabo cye gishya cyagiye hanze mu kwezi kwa Cumi uyu mwaka, Boris Johnson wabaye minisitiri w’intebe w’u Bwongereza hagati ya 2019 na 2022, yavuze ko yageze i Kigali tariki ya 23/08/2022 nubwo inama yari iteganyijwe tariki ya 24 na 25 mu kwa munani.

Avuga ko yagize “amahirwe yo kwereka itangazamakuru uburyo u Rwanda ari igihugu gitekanye, gitoshye kandi gifite isuku ndetse bakamenya na gahunda twari turimo ijyanye n’abimukira. Barabyiboneye n’amaso, barumirwa.”

Bukeye bwaho inama ya mbere ifungura CHOGM, Boris avuga ko yahise azamura ingingo ijyanye n’intambara y’u Burusiya na Ukraine yari imaze amezi ane itangiye.

Icyo yashakaga si uko Commonwealth yohereza ingabo i Kyiv cyangwa Moscow, ahubwo yashakaga ko uwo muryango usohora itangazo wamagana ku mugaragaro u Burusiya kugira ngo burusheho kujya ku gitutu.

Boris Johnson avuga ko akimara kuzamura iyi ngingo, yatunguwe na perezida Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda wazamuye ukoboko asaba ijambo.

Ati: “Nagiye kubona mbona inshuti yanjye Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda azamuye ikiganza, agira ati: “Sinemeranya n’ibyo Boris Johnson avuga.”

Boris Johnson yavuze ko nubwo asanzwe yumvikana na Museveni ku ngingo nyinshi, kuri iyi nshuro ho ngo byarahindutse, Museveni amwumvisha ko Putin atari mu nkiko Abanyaburayi bamugaragaza.

Museveni yabwiye Boris Johnson ko Putin icyo arwanira ari ukurandura abantu bafite imyumvire nk’iy’Aba-Nazi muri Ukraine, bumva ko Abarusiya n’abameze nkabo badakwiriye kubaho.

Perezida wa Uganda kandi yabwiye Boris Johnson ko Commonwealth idakwiye kwivanga mu bya Ukraine n’u Burusiya, kuko icyo Putin ashaka ari ukurwanya iterabwoba muri Ukraine, ibintu bitarebana na mba na Commonwealth.

Boris Johnson yagerageje kumvisha Museveni ububi bwa Putin nk’uko Abanyaburayi babyemera, umusaza amubera ibamba.

Byageze aho Museveni abwira Boris Johnson ati: “Erega nibura na Putin aduha intwaro.”

Nibura 25% by’intwaro ziboneka muri Afrika yo mu nsi y’ubutayu bwa Sahara, zituruka mu Burusiya.
Zishimirwa kuba zihindutse kandi zikomeye, zikanorohera abazikoresha.
U Burusiya nibwo bukora intwaro yamamaye ku Isi hose izwi nka AK-47 cyangwa Kalashnikov.

Mu gitabo Boris asa n’uwicuza umwanya yamaze asigana na perezida Museveni kuri iyo ngingo, kuko yarangije ku mutsinda binaniranye.

Ati: “Nyuma y’uko mu biganiro byanjye na Yoweli Kaguta Museveni kumvikana binaniranye, nageze aho ndayamanika! Itangazo ryasohotse icyo gihe nta na hamwe rivuga Ukraine.”

Boris Johnson avuga ko icyo ibihugu byibanzeho ku kibazo cya Ukraine n’u Burusiya, ari impungenge z’ihenda ry’ibiribwa ku masoko bitewe n’intambara.

Ati: “Byari biteye umujinya kuko u Bwongereza ni umufatanyabikorwa w’ingenzi kuri ibi bihugu kurusha u Burusiya.”

Iyu mugabo weguye ku mwanya wa minisiteri w’intebe mbere gato yo kuza muri CHOGM, asa n’uwababajwe cyane n’uburyo Afrika yiyumvamo u Burusiya cyane kurusha u Bwongereza.

Avuga ko atumva uburyo ibihugu bigize Commonwealth byanze kwanga u Burusiya, nyamara bikoresha icyongereza aho kuba ikirusiya, bikohereza abanyeshuri babyo kwiga mu mashuri meza i Londre aho kuba i Moscow.

Boris Johnson yavuze ko yavuye i Kigali abonye umukoro, w’uko hakenewe impinduka zikomeye muri uwo muryango, kugira ngo babashe kumva ibintu kimwe.

Tags: Boris JohnsonCommonwealthMuseveni
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Hemejwe umushinga wo kurandura umutwe wa FDLR burundu.

Hemejwe umushinga wo kurandura umutwe wa FDLR burundu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?